Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

radiotv10by radiotv10
31/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi wa Kigali, yamaze gukorerwa dosiye ikubiyemo ikirego aregwamo, ndetse ikaba yaramaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha.

Iki gikorwa cyatwaye ubuzima bw’umusore witwa Ngabo Eric na we wabaga muri America, cyabaye mu cyumweru gishize, ubwo Mugisha David Gakuba yamugongeraga mu Mujyi wa Kigali, aho bari babanje kugirana intonganya zaturutse ku bushyamirane bwo gupfa umukobwa ukundana n’umwe muri aba basore.

Bivugwa ko Mugisha akimara kugongera nyakwigendera ku kabari, yahise yishyikiriza Polisi y’u Rwanda, aho yatawe muri yombi tariki 23 Mutarama 2026.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, ndetse ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki 28 Mutarama 2026.

Ni amakuru kandi yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Mutrangira B. Thierry, wavuze ko dosiye y’uregwa yashyikirijwe Ubushinjacyaha, ngo buzakore iperereza ryabwo, bunamuregere Urukiko.

Mugishwa uregwa ndetse na Eric akekwaho kwica agonze, bivugwa ko bombi babaga muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse bakaba bari baramaze kubona ubwenegihugu bwa kiriya Gihugu.

Nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera, havuzwe byinshi, birimo abavuga ko bazi Mugisha, asanzwe ari umunyamahane, ndetse ko atari rimwe cyangwa kabiri yari yarabwiye nyakwigendera ko azamwica.

Bavugaga kandi ko uyu Mugisha yari asanzwe yiyenza ku bantu, ababwira ko afite ubudahangarwa ngo kuko ari Umunyamerika, ngo ntawapfa kumukoraho.

Ibi byago byahitanye ubuzima bwa Eric, byabaye ubwo aba bombi bari mu Rwanda baraje mu biruhuko, ndetse ubwo Mugisha yagongaga nyakwigendera bari basohokanye n’urundi rubyiruko muri ako kabari kabereyemo biriya.

Abari kuri aka kabari, bavuga ko Mugisha akimara kugonga nyakwigendera, aho yabanje kumugonga agenda imbere agasubira inyuma akongera akamuca hejuru, yagumye mu modoka, agahita yishyikiriza inzego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.