Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho kwikinga.
Ubu bufasha bwatanzwe, bwatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Gashyantare 2026.
Iri tangazo rigira riti “Muri iki gitondo, Guverinoma y’u Rwanda yoherereje Mozambique ibikoresho by’ubutabazi nyuma y’imyuzure yahitanye benshi, ikanakura mu byabo abaturage babarirwa mu bihumbi.”
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ubu butabazi bugizwe na toni 20 z’ibiribwa ndetse n’ibindi bikoresho by’ubutazi, ndetse n’imiti.
U Rwanda kandi rwavuze ko undi muzigo w’ibikoresho by’ubutabazi, na wo uteganyijwe kuzoherezwa muri Mozambique mu minsi micye iri imbere.
Ibi biza by’imyuzure yibasiye Mozambique, byabaye mu bihe bitandukanye mu kwezi gushize kwa Mutarama 2026, byibasiye Intara ya Gaza muri iki Gihugu, byahitanye abantu barenga 100, mu gihe abagera mu bihumbi 392 bavuye mu byabo.


RADIOTV10






