Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, na Mukasharangabo Theodette bakurikiranyweho urupfu rwa Mivumbi Joseph w’imyaka 68 wo mu murenge wa Nzahaha wabuze mu ntangiriro z’ukuboza umwaka ushize akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu itaruzura yarapfuye.

Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’ umurenge wa Nzahaha  avuga ko Mivumbi Joseph wabarizwaga mu mudugudu wa Gasave mu kagari ka Rwinzuki mu murenge wa Nzahaha yakoraga ibiraka bijyanye n’ubwubatsi ariko aza kubura ndeste umuryango we umenyesha ubuyobozi ariko ntihamenyekana irengero rye.

Icyakora mbere yo kuburirwa irengero, uyu musaza ngo yakundaga kugenda mu rugo rwa Mukasharangabo Theodette ruri mu murenge wa Rwimbogo ahakora ibiraka by’ubwubatsi mu bihe bidandukanye ndeste n’ubwo yaburaga ab’iwe baje kubaza niba yarahageze ariko bababwira ko ntawe babonye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo Joas Nzayishima avuga ko mu rugo nyakwigendera yakundaga kuza gukoramo ibiraka hari inzu itaruzura irimo icyobo imbere ari cyo yaje gusangwamo yarapfuye nyuma y’uko hari abagize amakenga.

Gitifu Joas ati “Mivumbi rero ngo yakundaga kujya muri urwo rugo. Umuryango we babajije ahantu hose bagera no kwa Theodette bababwira ko natwe babonye, muri urwo rugo rero hakaba hari inzu nshyashya irimo icyobo bayubakiyeho, ni ho rero byanahereye gukeka kuko hari abibazaga impamvu icyobo kiri munzu. Haje kubaho kuganira n’abaturage  hagira abavuga ko bigeze kumva umunuko iminsi nk’ibiri, duhera kuri ayo makuru dushakisha kuko hari abakekaga ko Mivumbi yishwe akajugunywamo, hafatwa icyemezo cy’uko icyo cyobo cyacukurwa bikozwe dusanga mo umubiri wa Mivumbi ”.

Mu gihe nyiri urwo rugo Mukasharangabo Theodette ari nawe Mivumbi ajyaga akorera yahise atabwa muri yombi ako kanya, Ngendahayo Evaritse wari mutekano mu mudugudu wa Batura nawe yaje gufatwa nyuma y’uko bimenyekanye ko ari we wagiye gushaka abafundi bo gupfundikira icyo cyobo bivugwa ko gifite hagati ya metero 10 na 15 ndeste iyo mirimo igakorwa ahari.

Amakuru yatanzwe n’abaturage avuga ko icyo cyobo cyari gisanzwe kiriho beto (gipfundikiye) bikumvikana ko mbere y’uko ajugunywamo babanje kugisenya bamara kumushyiramo bakongera gushyiraho gupfundikira.

Nyiri uru rugo na Mutekano bakekwa ho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu musaza bafungiye kuri RIB station ya Nyakarenzo ikorera mu murenge wa Gashonga mu gihe iperereza rigikorwa ngo hamenyekane icyateye uru rupfu rwari rwaratinze kumenyekana.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Rwimogo Joas Nzayishima asaba abaturage kwimakaza umuco wo kwihutira gutanga amakuru mu gihe bumvise igiteye inkeke kuko byafasha inzego z’ubuyobozi gukurikirana bwangu no gukumira icyaha kitaraba.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Next Post

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.