Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu gihe aba bombi bari inshuti ndetse banakoranye.

Nyuma y’ubukwe bwa Nana wahoze akundana na Mitsutsu, umubano wa Killaman na Mitsutsu wajemo agatotsi, nyuma y’uko Mitsutsu ashinje Killaman uburyarya, amuziza ko atabunze nk’uko yari abyiteze.

Emmanuel Kazungu uzwi nka Mitsutsu na Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman bashwanye nyuma y’uko Mitsutsu atangaje ko Killaman ari we wagize uruhare mu itandukana rye na Nana.

Mu kiganiro Mitsutsu yagiranye na Chita Magic, yavuze ko nyuma yo gushwana na Nana, bafashe umwanzuro wo kwegera Killaman kugira ngo abunge. Ati:
“Nyuma yo gutandukana na Nana naramubwiye nti reka twime abandi amatwi twegere Killaman atugire inama. Yarayitugiriye, ariko arangije aravuga ati ibintu bya ‘content’ mubihagarike.”

Yakomeje avuga ko yamubajije uko byagenze kuko bari bazi ko agiye kubunga, ari na ho ibibazo byatangiriye. Mitsutsu yanavuze ko mu ijambo yavugiye mu birori by’ubukwe bwa Nana, yavuze ko habayeho uburyarya, ari byo byababaje cyane Killaman.

Mu kiganiro Chita Magic yasabye ko bakwiyunga, Mitsutsu ahamagara Killaman bari mu kiganiro, bagirana ikiganiro gihuje ukuri. Killaman yavuze ko yaciye bugufi agasaba Mitsutsu imbabazi.

Ati “Narakwandikiye ngusaba imbabazi, nkakubwira nti niba warashwanye na Nana ngafata umwanzuro nk’umuntu ubahagarariye nkababwira nti mwese mufite amazina, jya gukora ibyawe Nana akore ibye, kuko mwari mutangiye kujya mushwana mukajya ku mbuga nkoranyambaga kandi iyo mwashwanaga byangiragaho.”

Yakomeje avuga ko yababajwe n’uko Mitsutsu yamwise indyarya. Ati “Ibyo byararangiye ujya mu kiganiro uvuga ngo turi indyarya. Ubu ndibaza, hagati yanjye nawe indyarya yari nde? Umarana nanjye umwaka wose unkorera, nkaguhemba amafaranga atari make, unsekera kandi utankunda mu mutima wawe.”

Killaman yavuze ko nubwo yasabye Mitsutsu imbabazi, yakomeje gukora ibiganiro amusebya. Ati “Wambabaje mu buzima bwanjye, kandi ntabwo ndi inshuti yawe. Kugera aho ngusaba imbabazi naciye bugufi nkakubwira nti twubahane. Ndagusaba umbabarire, ariko ntahantu tuzongera guhurira, genda wibereho.”

Yakomeje avuga ko yababajwe no kumva Mitsutsu avuga ko we n’abandi bakinnyi ba filime ari indyarya. Yasoje amusaba imbabazi ati “Mitsu, niba hari aho nakubangamiye, ndongera ngusabe imbabazi, na Chita abyumve. Ariko ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, nta hantu tuzongera guhurira.”

Killaman ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu ruganda rwa filime nyarwanda, akaba afite imiyoboro (channels) itandukanye acishaho filime zikurikirwa nabenshi, harimo Bigmind Empire yagaragayemo filime Mitsutsu yagiye agaragaramo. Mitsutsu na we yashinze Mitsutsu Empire acishaho comedy n’ibiganiro bitandukanye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

Next Post

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Related Posts

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, wajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo,...

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye nka 5k Etienne wari uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa, arabimwemerera. Iki gikorwa...

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yitabye Imana ku myaka 81. Urupfu rw'uyu muhanzi rwatangajwe...

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Nyuma yo guhanura ubukwe bwa Papa Sava na Mama Sava byavugishije benshi, agahanurira Bushali gukorana indirimbo Jason Derulo, uwitwa Prophet...

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

by radiotv10
02/02/2026
0

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian, baravugwa mu rukundo, ndetse biravugwa ko bamaranye umwanya...

IZIHERUKA

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we
AMAHANGA

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

by radiotv10
04/02/2026
0

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

04/02/2026
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.