Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu gihe aba bombi bari inshuti ndetse banakoranye.

Nyuma y’ubukwe bwa Nana wahoze akundana na Mitsutsu, umubano wa Killaman na Mitsutsu wajemo agatotsi, nyuma y’uko Mitsutsu ashinje Killaman uburyarya, amuziza ko atabunze nk’uko yari abyiteze.

Emmanuel Kazungu uzwi nka Mitsutsu na Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman bashwanye nyuma y’uko Mitsutsu atangaje ko Killaman ari we wagize uruhare mu itandukana rye na Nana.

Mu kiganiro Mitsutsu yagiranye na Chita Magic, yavuze ko nyuma yo gushwana na Nana, bafashe umwanzuro wo kwegera Killaman kugira ngo abunge. Ati:
“Nyuma yo gutandukana na Nana naramubwiye nti reka twime abandi amatwi twegere Killaman atugire inama. Yarayitugiriye, ariko arangije aravuga ati ibintu bya ‘content’ mubihagarike.”

Yakomeje avuga ko yamubajije uko byagenze kuko bari bazi ko agiye kubunga, ari na ho ibibazo byatangiriye. Mitsutsu yanavuze ko mu ijambo yavugiye mu birori by’ubukwe bwa Nana, yavuze ko habayeho uburyarya, ari byo byababaje cyane Killaman.

Mu kiganiro Chita Magic yasabye ko bakwiyunga, Mitsutsu ahamagara Killaman bari mu kiganiro, bagirana ikiganiro gihuje ukuri. Killaman yavuze ko yaciye bugufi agasaba Mitsutsu imbabazi.

Ati “Narakwandikiye ngusaba imbabazi, nkakubwira nti niba warashwanye na Nana ngafata umwanzuro nk’umuntu ubahagarariye nkababwira nti mwese mufite amazina, jya gukora ibyawe Nana akore ibye, kuko mwari mutangiye kujya mushwana mukajya ku mbuga nkoranyambaga kandi iyo mwashwanaga byangiragaho.”

Yakomeje avuga ko yababajwe n’uko Mitsutsu yamwise indyarya. Ati “Ibyo byararangiye ujya mu kiganiro uvuga ngo turi indyarya. Ubu ndibaza, hagati yanjye nawe indyarya yari nde? Umarana nanjye umwaka wose unkorera, nkaguhemba amafaranga atari make, unsekera kandi utankunda mu mutima wawe.”

Killaman yavuze ko nubwo yasabye Mitsutsu imbabazi, yakomeje gukora ibiganiro amusebya. Ati “Wambabaje mu buzima bwanjye, kandi ntabwo ndi inshuti yawe. Kugera aho ngusaba imbabazi naciye bugufi nkakubwira nti twubahane. Ndagusaba umbabarire, ariko ntahantu tuzongera guhurira, genda wibereho.”

Yakomeje avuga ko yababajwe no kumva Mitsutsu avuga ko we n’abandi bakinnyi ba filime ari indyarya. Yasoje amusaba imbabazi ati “Mitsu, niba hari aho nakubangamiye, ndongera ngusabe imbabazi, na Chita abyumve. Ariko ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, nta hantu tuzongera guhurira.”

Killaman ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu ruganda rwa filime nyarwanda, akaba afite imiyoboro (channels) itandukanye acishaho filime zikurikirwa nabenshi, harimo Bigmind Empire yagaragayemo filime Mitsutsu yagiye agaragaramo. Mitsutsu na we yashinze Mitsutsu Empire acishaho comedy n’ibiganiro bitandukanye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Next Post

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.