Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare.
Ubuyobozi bwa APR bwabitangaje ko bwamaze kwinjiza uyu mukinnyi, mu butumwa bwashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026.
Mu butumwa buha ikaze uyu mukinnyi muri APR, ubuyobozi bw’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, bwagize buti “Indi ntare yamaze kwinjira mu ikipe. Tuguhaye ikaze mu muryango wa APR. Ishimwe Abdoul ubu ni Intare.”
Mu guha ikaze Myugariro Ishimwe Abdoul, ubuyobozi bwa APR bwabanje kumutembereza ahabumbatiye ibigwi n’amateka by’iyi kipe, harimo ahabitse ibikombe imaze kwegukana.
Ishimwe Abdoul wamaze gusinyira ikipe ya APR FC, yakiniraga ikipe ya Mukura VS nk’intizanyo ya Intare, gusa aya makipe yombi akaba atarabashije kumvikana, ndetse bikaba bivugwa ko aya makipe yombi yatangiye inzira yo kuburana kuko hari itarubahirije amasezerano zari zagiranye.
Ikipe ya APR FC iguze uyu myugariro uje wiyongera mu bandi isanganywe barimo Clement Niyigena uherutse kubengukwa n’ikipe ya Al Hilal yo muri Sudani, ariko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda ikanga kumurekura.





RADIOTV10












