Dr Manirakiza Benjamin wigisha muri Kaminuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kubisabwa n’Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha birimo gusambanya abana barimo abiga mu mashuri yisumbuye.
Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, muri uru rubanza ruregwamo kandi abakobwa batatu ari bo ni Umuhoza Hamida, Ineza Fidella na Mucyo Vanessa.
Aba bakobwa batatu bo bakurikiranyweho gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, aho bivugwa ko bamushakiraga abana basambanyijwe n’uyu mwarimu wo muri kaminuza.
Ubushinjacyaha bwari bwasabiraga aba bose gukurikiranwa bafunze, bwagaragaje ibimenyetso buheraho bugaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze biriya byaha.
Ubushinjacyaha bwavuze uyu mwarimu wo muri kaminuza yishyuraga abana b’abakobwa yabaga amaze gusambanya, amafaranga ari hagati y’ibihumbi 40 Frw n’ibihumbi 100 Frw.
Bwavuze kandi ko uyu mwarimu wa kaminuza yajyaga asaba abo amaze gusambanya, kumurangira abandi bana b’abakobwa bakiri amasugi, cyangwa basambanye inshuro imwe, kandi byaba byiza bakaba bafite amabere ataragwa, agishinze.
Abakekwaho kuba barasambanyijwe n’uyu mwarimu, bavutse hagati ya 2005 na 2009 (uwavutse muri 2005, uwo muri 2007, uwo muri 2008 n’uwo muri 2009).
Amakuru avuga ko uwitwa Mucyo Vanessa, ubwo yari amaze gukorana imibonano mpuzabitsina n’uriya mwarimu, bumvikanye ko yamurangira umwana w’umukobwa wiga mu mashuri yisumbuye ufite imyaka 16.
Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yari afite amabere agishinze, yaje gusambanywa n’uriya mwarimu wa Kaminuza akaza kumwishyura ibihumbi 100 Frw
Naho uwitwa Umuhoza Hamida na we uregwa muri iyi dosiye, na we yumvikanye na Dr. Manirakiza Benjamin kumushakira umwana w’umukobwa w’isugi unafite amabere ashinze, amuhemba ibihumbi bitanu (5 000 Frw), ubundi aza kumuhuza na we.
Uwo mukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wahujwe n’uregwa kuri ubu bwumvikane, ngo na we baje kuryamana.
Naho Ineza Fidella na we uregwa muri dosiye imwe n’uriya mwarimu wa Kaminuza, na we bagiranye ubwumvikane ko yamushakira abana b’abakobwa b’amasugi, akabasambanya ubundi akabishyura ibihumbi 100 Frw, na we akajya amuha komisiyo ya 5 000 Frw.
Mu mabazwa anyuranye, aba bakobwa bagiye bemera ko ari bo bahaye nimero z’abakobwa bakiri bato uriya mwarimu, akabasambanya, ndetse hakaba hari ababyeyi ba bamwe mu bana basamanyijwe, babyemeye.
Urukiko rwavuze ko ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwa ko bakoze ibyaha baregwa, bityo ko bagomba gukurikiranwa bafunze by’agateganyo iminsi 30.
RADIOTV10









