Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Manirakiza Benjamin wigisha muri Kaminuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kubisabwa n’Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha birimo gusambanya abana barimo abiga mu mashuri yisumbuye.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, muri uru rubanza ruregwamo kandi abakobwa batatu ari bo ni Umuhoza Hamida, Ineza Fidella na Mucyo Vanessa.

Aba bakobwa batatu bo bakurikiranyweho gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, aho bivugwa ko bamushakiraga abana basambanyijwe n’uyu mwarimu wo muri kaminuza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiraga aba bose gukurikiranwa bafunze, bwagaragaje ibimenyetso buheraho bugaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze biriya byaha.

Ubushinjacyaha bwavuze uyu mwarimu wo muri kaminuza yishyuraga abana b’abakobwa yabaga amaze gusambanya, amafaranga ari hagati y’ibihumbi 40 Frw n’ibihumbi 100 Frw.

Bwavuze kandi ko uyu mwarimu wa kaminuza yajyaga asaba abo amaze gusambanya, kumurangira abandi bana b’abakobwa bakiri amasugi, cyangwa basambanye inshuro imwe, kandi byaba byiza bakaba bafite amabere ataragwa, agishinze.

Abakekwaho kuba barasambanyijwe n’uyu mwarimu, bavutse hagati ya 2005 na 2009 (uwavutse muri 2005, uwo muri 2007, uwo muri 2008 n’uwo muri 2009).

Amakuru avuga ko uwitwa Mucyo Vanessa, ubwo yari amaze gukorana imibonano mpuzabitsina n’uriya mwarimu, bumvikanye ko yamurangira umwana w’umukobwa wiga mu mashuri yisumbuye ufite imyaka 16.

Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yari afite amabere agishinze, yaje gusambanywa n’uriya mwarimu wa Kaminuza akaza kumwishyura ibihumbi 100 Frw

Naho uwitwa Umuhoza Hamida na we uregwa muri iyi dosiye, na we yumvikanye na Dr. Manirakiza Benjamin kumushakira umwana w’umukobwa w’isugi unafite amabere ashinze, amuhemba ibihumbi bitanu (5 000 Frw), ubundi aza kumuhuza na we.

Uwo mukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wahujwe n’uregwa kuri ubu bwumvikane, ngo na we baje kuryamana.

Naho Ineza Fidella na we uregwa muri dosiye imwe n’uriya mwarimu wa Kaminuza, na we bagiranye ubwumvikane ko yamushakira abana b’abakobwa b’amasugi, akabasambanya ubundi akabishyura ibihumbi 100 Frw, na we akajya amuha komisiyo ya 5 000 Frw.

Mu mabazwa anyuranye, aba bakobwa bagiye bemera ko ari bo bahaye nimero z’abakobwa bakiri bato uriya mwarimu, akabasambanya, ndetse hakaba hari ababyeyi ba bamwe mu bana basamanyijwe, babyemeye.

Urukiko rwavuze ko ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwa ko bakoze ibyaha baregwa, bityo ko bagomba gukurikiranwa bafunze by’agateganyo iminsi 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Supporting young talents: Why we should invest in the future not just the famous

Next Post

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y'Isi byizihiza isabukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.