Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Manirakiza Benjamin wigisha muri Kaminuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kubisabwa n’Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha birimo gusambanya abana barimo abiga mu mashuri yisumbuye.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gashyantare 2026, muri uru rubanza ruregwamo kandi abakobwa batatu ari bo ni Umuhoza Hamida, Ineza Fidella na Mucyo Vanessa.

Aba bakobwa batatu bo bakurikiranyweho gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, aho bivugwa ko bamushakiraga abana basambanyijwe n’uyu mwarimu wo muri kaminuza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabiraga aba bose gukurikiranwa bafunze, bwagaragaje ibimenyetso buheraho bugaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze biriya byaha.

Ubushinjacyaha bwavuze uyu mwarimu wo muri kaminuza yishyuraga abana b’abakobwa yabaga amaze gusambanya, amafaranga ari hagati y’ibihumbi 40 Frw n’ibihumbi 100 Frw.

Bwavuze kandi ko uyu mwarimu wa kaminuza yajyaga asaba abo amaze gusambanya, kumurangira abandi bana b’abakobwa bakiri amasugi, cyangwa basambanye inshuro imwe, kandi byaba byiza bakaba bafite amabere ataragwa, agishinze.

Abakekwaho kuba barasambanyijwe n’uyu mwarimu, bavutse hagati ya 2005 na 2009 (uwavutse muri 2005, uwo muri 2007, uwo muri 2008 n’uwo muri 2009).

Amakuru avuga ko uwitwa Mucyo Vanessa, ubwo yari amaze gukorana imibonano mpuzabitsina n’uriya mwarimu, bumvikanye ko yamurangira umwana w’umukobwa wiga mu mashuri yisumbuye ufite imyaka 16.

Uyu mwana w’umukobwa bivugwa ko yari afite amabere agishinze, yaje gusambanywa n’uriya mwarimu wa Kaminuza akaza kumwishyura ibihumbi 100 Frw

Naho uwitwa Umuhoza Hamida na we uregwa muri iyi dosiye, na we yumvikanye na Dr. Manirakiza Benjamin kumushakira umwana w’umukobwa w’isugi unafite amabere ashinze, amuhemba ibihumbi bitanu (5 000 Frw), ubundi aza kumuhuza na we.

Uwo mukobwa w’imyaka 18 y’amavuko wahujwe n’uregwa kuri ubu bwumvikane, ngo na we baje kuryamana.

Naho Ineza Fidella na we uregwa muri dosiye imwe n’uriya mwarimu wa Kaminuza, na we bagiranye ubwumvikane ko yamushakira abana b’abakobwa b’amasugi, akabasambanya ubundi akabishyura ibihumbi 100 Frw, na we akajya amuha komisiyo ya 5 000 Frw.

Mu mabazwa anyuranye, aba bakobwa bagiye bemera ko ari bo bahaye nimero z’abakobwa bakiri bato uriya mwarimu, akabasambanya, ndetse hakaba hari ababyeyi ba bamwe mu bana basamanyijwe, babyemeye.

Urukiko rwavuze ko ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwa ko bakoze ibyaha baregwa, bityo ko bagomba gukurikiranwa bafunze by’agateganyo iminsi 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 10 =

Previous Post

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Related Posts

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa...

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

by radiotv10
04/02/2026
0

Gender expectations are the rules society puts on people because they are male or female. These rules affect how we...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

04/02/2026
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.