Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri Leta Zunze Ubumwe za America, ariko akaba amaze kujya i Kinshasa inshuro ebyiri mu mwaka umwe, agahunda na Perezida Felix Tshisekedi wanamuhaye impano.
Uyu munyamakuru amaze kugaragara mu Biro by’Umukuru wa Leta Zunze Ubumwe za America-White House inshuro nyinshi, abaza ibibazo Perezida Donald Trump byerecyeye ibibazo by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu bibazo bye, yumvikana nk’uwamaze gufata uruhande abogamiraho rwa DRC, ndetse nk’uwacengewe n’ibinyoma bihora bikwirakwizwa n’ubutegetsi bw’iki Gihugu.
Hari nk’aho asubiramo ibinyoma ngo “Ingabo z’u Rwanda zizava muri DRC ryari?” mu gihe bizwi ko nta basirikare b’iki Gihugu bari muri Congo, akanavuga ko u Rwanda rufasha Ihuriro AFC/M23, nyamara byarasobanuwe kenshi ko nta bufasha na buto iki Gihugu giha uriya mutwe ugizwe n’Abanyekongo.
Uyu munyamakuru ukomoka muri Angola, kandi aherutse kugaragara muri White House acigatiye microphone ebyiri zirimo iya Radio na Televiziyo bya DRC (RTNC), aho yavuze ko yashakaga kubaza Trump ibijyanye no kurenga ku masezerano ya Washignton hagati y’u Rwanda na DRC, ariko ko atabashije kubona uko abaza ikibazo cye.
Mu gutangaza ibi, na bwo yumvikana akomeza gusubiramo ibirego by’ibinyoma ashinja u Rwanda ko ngo ari rwo rwarenze kuri ariya masezerano, mu gihe ubutegetsi bwa DRC ari bwo bwakomeje kuyarengaho, bwanga kwitandukanya na FDLR, ndetse bukaba bwarakomeje kugaba ibitero kuri bamwe mu baturage b’Abanyekongo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga kuri uyu munyamakuru n’ibi yatangaje, yavuze ko bibabaje kuba avuga ko avuganira Abanyafurika, ariko ibyo akora bikaba bihabanye n’iyo ntego.
Yagize ati “Yiyita ko avuganira Abanyafurika i Washington. Ariko amaze kujya i Kinshasa inshuro ebyiri mu mwaka umwe, aho yahuye na Perezida Tshisekedi; akanakira impano ye imbere ya za camera, akaba yaranatangaje ikiganiro yagiranye na Perezida Ndayishimiye kuri Televisiyo ya DRC (RTNC).”
Nduhungirehe kandi yanagarutse ku kuba uyu munyamakuru aherutse kuzenguruka mu Nteko Ishinga Amategeko ya US, abaza ibibazo bigogamye bihabanye n’umwuga w’itangazamakuru, byibasira u Rwanda.
Ati “None uyu munsi turi kumubona afashe microphone ya RTNC muri White House, ariko nta na rimwe yigeze agaragara ko ahemberwa i Kinshasa.”
Bamwe mu basesenguzi mu karere, bagaragaza uyu munyamakuru nk’uwemeye kuba igikoresho cya Tshisekedi, aho nk’umunyamakuru Andrew Mwenda, yavuze ko uyu mugore ari gutukisha umwuga w’itangazamakuru nyamara atari wo akora, ahubwo ko ari umunyapolitiki ufite inyungu mu gusebya u Rwanda.
RADIOTV10








