Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina, ko yahamijwe ibyaha by’iterabwoba byagize ingaruka zikomeye zirimo n’abatakaje ubuzima, anamugaragariza amazina yabo.

Ni nyuma yuko Lydia Mutyebele Ngoi atangaje ko yakiriye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi “Paul Rusesabagina, ijwi ridacogora riharanira uburenganzira bwa muntu. Yafashije Abanyekongo, agaragaza akarengane.”

Uyu Mudepite mu Nteko y’u Bubiligi, ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakomeje avuga ko Rusesabagina yatawe muri yombi n’u Rwanda muri Kanama 2020, ahamywa ibyaha yashinjwaga muri 2021, akaza kurekurwa muri Werurwe 2023, arangije avuga ko ibi byose byamubayeho ngo kubera ubutwari bwe. Ati “Guharanira ibyiza bifite ikiguzi?”

Ubutumwa bw’uyu munyapolitiki kandi buherekejwe n’amashusho ye ari kumwe na Rusesabagina bicaye mu Nteko y’u Bubiligi, agaha urubuga uyu mugabo wahamijwe ibyaha by’iterabwoba, aho yumvikana ko ashyigikiye DRC, akanavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda n’Umukuru w’Igihugu cyarwo.

Mu butumwa bwa Rusesabagina bwuzuye ibirego by’ibinyoma, nk’aho avuga ko ngo u Rwanda rwiba ubutunzi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyu n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaye uyu Mudepite washimagije Rusesabagina yirengagije ko yahamijwe ibyaha by’iterabwoba.

Nduhungirehe yatangiye yibaza niba “Guharanira agaciro, kuri Lydia Mutyebele ni ugushyigikira umunyabyaha wahamijwe ibikorwa by’iterabwoba.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yakomeje avuga ko yizera ko ishyaka Parti Socialiste ribarizwamo uyu munyapolitiki Lydia Mutyebele Ngoi, ko ridashobora gushyigikira ibyaha byakozwe na Rusesabagina, byagize ingaruka zirimo n’ubuzima bw’abantu batakaje ubuzima.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ingero z’abantu babuze ubuzima kubera ibikorwa bya Rusesabagina barimo Ornella w’imyaka 13, Isaac w’imyaka 17, Jeanine w’imyaka 23 kimwe n’abandi bishwe n’umutwe wa FLN wa Rusesabagina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 9 =

Previous Post

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Related Posts

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ko hakiri gukorwa iperereza kuri Brig. Gen. Ezechiel Gakwerere wahoze mu buyobozi bwo...

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri...

IZIHERUKA

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze
MU RWANDA

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

10/02/2026
Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

10/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

09/02/2026
Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

09/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Mugabe Aristide wabaye kapiteni w’Ikipe y’Igihugu yasezeye burundu basketball

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.