Saturday, February 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in MU RWANDA
0
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze igihe yibasira iki gihingwa, bavuga ko nidashakirwa umuti vuba ishobora gutuma gikendera burundu.

Bamwe mu bahinzi bavuga ko indwara yibasira imyumbati ituma amababi ahinduka umuhondo, agakokoka, igiti ntigishore neza, ndetse n’umwumbati ujeho ukabora.

Habumuremyi Jean de Dieu, umuhinzi wo mu Murenge wa Ntongwe, avuga ko imyumbati ari cyo gihingwa cyari gitunze imiryango myinshi mu Ruhango, ariko ubu indwara yatumye batakaza icyizere.

Ati: “Ubusanzwe imyumbati ni yo yari idutunze, tukishyura amashuri y’abana. Ariko ubu iyo uteye umurima wose, usanga hafi ya wose wararwaye. Amababi arakokoka, imbuto ntikure neza, n’uwo ujeho ugasanga waraboze.”

Akariza Clenia we avuga ko iki kibazo cyatumye bamwe mu bahinzi batangira gucika intege no kureka guhinga imyumbati.

Ati: “Twezaga imyumbati tukabona umusaruro mwinshi, ariko ubu turahinga tukabura icyo tweza. Biduteye impungenge kuko ni cyo gihingwa cyadufashaga kubona amafaranga n’ibiribwa.”

Nshimiyimana Pascal, na we umuhinzi wo mu Murenge wa Kinazi, asaba ko inzego zibishinzwe zabafasha kubona imbuto ishobora guhangana n’iyi ndwara.

Ati: “Ikibazo ni uko iyo duteye imbuto zisanzwe indwara irazifata. Turasaba ko baduha imbuto irwanya iyi ndwara, kuko natwe twiteguye kuyigerageza tukareba ko twasubirana umusaruro.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) n’abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko iki kibazo kizwi, kandi ko hari gukorwa ubushakashatsi ku mbuto nshya y’imyumbati izaba ifite ubushobozi bwo guhangana n’iyi ndwara, nk’uko Umushakashatsi akaba n’inzobere mu buhinzi, Pacifique Nshimiyimana, abivuga.

Ati: “Ikibazo kirazwi. Ni indwara yitwa Kabore. RAB imaze igihe ikora ubushakashatsi kuri yo. Abahinzi bafite icyo kibazo bashonje bahishiwe, ariko imbuto iraza kubageraho vuba. Ni imyumbati itazajya irwara, izaba ibasha guhangana n’indwara ku buryo nta kibazo abo bahinzi bazongera kugira.”

Inzego z’ubuhinzi zinavuga ko bimwe mu byakwiriye kwitonderwa ari imikorere y’abahinzi bamwe batera imbuto biboneye bakayivanga n’iyo bahawe n’inzego zibishinzwe, bigatuma indwara ikwirakwira cyane. Abahinzi basabwa gukoresha imbuto zemewe gusa no gukorana bya hafi n’inzego zishinzwe ubuhinzi kugira ngo iki kibazo kigabanuke mu gihe hategerejwe imbuto nshya irwanya indwara.

Bavuga ko umwambati wafashwe n’iyi ndwara umusaruro ubura

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Related Posts

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
14/02/2026
0

For many years, success was easy to define. If someone had a lot of money, a good job title, and...

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

by radiotv10
13/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

by radiotv10
13/02/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege (RwandAir) yatangaje ko bitewe n’ibibazo by’ikirere cyagaragayemo ibicu biremereye, ingendo zerecyeza cyangwa ziva ku Kibuga cy’Indege...

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite...

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

Kayonza: Bavuze ibyifuzo basaba Leta kwigaho byatuma baruhuka ibihombo

by radiotv10
13/02/2026
0

Abakorera ubuhinzi bw’imbuto mu cyanya gihuriweho n'Imirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bataka ibihombo baterwa n’imbuto zangirikira...

IZIHERUKA

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini
MU RWANDA

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

by radiotv10
14/02/2026
0

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

14/02/2026
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

13/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.