Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze igihe yibasira iki gihingwa, bavuga ko nidashakirwa umuti vuba ishobora gutuma gikendera burundu.
Bamwe mu bahinzi bavuga ko indwara yibasira imyumbati ituma amababi ahinduka umuhondo, agakokoka, igiti ntigishore neza, ndetse n’umwumbati ujeho ukabora.
Habumuremyi Jean de Dieu, umuhinzi wo mu Murenge wa Ntongwe, avuga ko imyumbati ari cyo gihingwa cyari gitunze imiryango myinshi mu Ruhango, ariko ubu indwara yatumye batakaza icyizere.
Ati: “Ubusanzwe imyumbati ni yo yari idutunze, tukishyura amashuri y’abana. Ariko ubu iyo uteye umurima wose, usanga hafi ya wose wararwaye. Amababi arakokoka, imbuto ntikure neza, n’uwo ujeho ugasanga waraboze.”
Akariza Clenia we avuga ko iki kibazo cyatumye bamwe mu bahinzi batangira gucika intege no kureka guhinga imyumbati.
Ati: “Twezaga imyumbati tukabona umusaruro mwinshi, ariko ubu turahinga tukabura icyo tweza. Biduteye impungenge kuko ni cyo gihingwa cyadufashaga kubona amafaranga n’ibiribwa.”
Nshimiyimana Pascal, na we umuhinzi wo mu Murenge wa Kinazi, asaba ko inzego zibishinzwe zabafasha kubona imbuto ishobora guhangana n’iyi ndwara.
Ati: “Ikibazo ni uko iyo duteye imbuto zisanzwe indwara irazifata. Turasaba ko baduha imbuto irwanya iyi ndwara, kuko natwe twiteguye kuyigerageza tukareba ko twasubirana umusaruro.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) n’abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko iki kibazo kizwi, kandi ko hari gukorwa ubushakashatsi ku mbuto nshya y’imyumbati izaba ifite ubushobozi bwo guhangana n’iyi ndwara, nk’uko Umushakashatsi akaba n’inzobere mu buhinzi, Pacifique Nshimiyimana, abivuga.
Ati: “Ikibazo kirazwi. Ni indwara yitwa Kabore. RAB imaze igihe ikora ubushakashatsi kuri yo. Abahinzi bafite icyo kibazo bashonje bahishiwe, ariko imbuto iraza kubageraho vuba. Ni imyumbati itazajya irwara, izaba ibasha guhangana n’indwara ku buryo nta kibazo abo bahinzi bazongera kugira.”
Inzego z’ubuhinzi zinavuga ko bimwe mu byakwiriye kwitonderwa ari imikorere y’abahinzi bamwe batera imbuto biboneye bakayivanga n’iyo bahawe n’inzego zibishinzwe, bigatuma indwara ikwirakwira cyane. Abahinzi basabwa gukoresha imbuto zemewe gusa no gukorana bya hafi n’inzego zishinzwe ubuhinzi kugira ngo iki kibazo kigabanuke mu gihe hategerejwe imbuto nshya irwanya indwara.


Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









