Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in MU RWANDA
0
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze igihe yibasira iki gihingwa, bavuga ko nidashakirwa umuti vuba ishobora gutuma gikendera burundu.

Bamwe mu bahinzi bavuga ko indwara yibasira imyumbati ituma amababi ahinduka umuhondo, agakokoka, igiti ntigishore neza, ndetse n’umwumbati ujeho ukabora.

Habumuremyi Jean de Dieu, umuhinzi wo mu Murenge wa Ntongwe, avuga ko imyumbati ari cyo gihingwa cyari gitunze imiryango myinshi mu Ruhango, ariko ubu indwara yatumye batakaza icyizere.

Ati: “Ubusanzwe imyumbati ni yo yari idutunze, tukishyura amashuri y’abana. Ariko ubu iyo uteye umurima wose, usanga hafi ya wose wararwaye. Amababi arakokoka, imbuto ntikure neza, n’uwo ujeho ugasanga waraboze.”

Akariza Clenia we avuga ko iki kibazo cyatumye bamwe mu bahinzi batangira gucika intege no kureka guhinga imyumbati.

Ati: “Twezaga imyumbati tukabona umusaruro mwinshi, ariko ubu turahinga tukabura icyo tweza. Biduteye impungenge kuko ni cyo gihingwa cyadufashaga kubona amafaranga n’ibiribwa.”

Nshimiyimana Pascal, na we umuhinzi wo mu Murenge wa Kinazi, asaba ko inzego zibishinzwe zabafasha kubona imbuto ishobora guhangana n’iyi ndwara.

Ati: “Ikibazo ni uko iyo duteye imbuto zisanzwe indwara irazifata. Turasaba ko baduha imbuto irwanya iyi ndwara, kuko natwe twiteguye kuyigerageza tukareba ko twasubirana umusaruro.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) n’abashakashatsi mu by’ubuhinzi bavuga ko iki kibazo kizwi, kandi ko hari gukorwa ubushakashatsi ku mbuto nshya y’imyumbati izaba ifite ubushobozi bwo guhangana n’iyi ndwara, nk’uko Umushakashatsi akaba n’inzobere mu buhinzi, Pacifique Nshimiyimana, abivuga.

Ati: “Ikibazo kirazwi. Ni indwara yitwa Kabore. RAB imaze igihe ikora ubushakashatsi kuri yo. Abahinzi bafite icyo kibazo bashonje bahishiwe, ariko imbuto iraza kubageraho vuba. Ni imyumbati itazajya irwara, izaba ibasha guhangana n’indwara ku buryo nta kibazo abo bahinzi bazongera kugira.”

Inzego z’ubuhinzi zinavuga ko bimwe mu byakwiriye kwitonderwa ari imikorere y’abahinzi bamwe batera imbuto biboneye bakayivanga n’iyo bahawe n’inzego zibishinzwe, bigatuma indwara ikwirakwira cyane. Abahinzi basabwa gukoresha imbuto zemewe gusa no gukorana bya hafi n’inzego zishinzwe ubuhinzi kugira ngo iki kibazo kigabanuke mu gihe hategerejwe imbuto nshya irwanya indwara.

Bavuga ko umwambati wafashwe n’iyi ndwara umusaruro ubura

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + seven =

Previous Post

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

Next Post

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.