Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bagihura n’imbogamizi zo kutagira umuriro w’amashanyarazi bakoresha aho batunganyiriza ikawa, ku buryo nubwo bafite imashini iyikaranga ariko batayikoresha.

Bavuga ko bituma mu bihe by’imvura, imirasire y’izuba idakora neza, bityo bakagorwa no kumisha no gutunganya umusaruro, ndetse bakahendwa na mazutu bakoresha mu mashini.

Ni abagore bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa, bakaba baratijwe ubutaka na Leta. Basobanura ko iyi koperative yabafashije kwiteza imbere.

Uwitwa Dusabimana Beatha ati: “Twaratinyutse turavuga tuti aka kazi kajya gakorwa n’abagabo, reka natwe twishakemo imbaraga. Turabukora duhinga ikawa tubona turabishoboye kandi byaraduteje imbere. Tubona uko twishyura mituweri no kwishyurira abana amashuri.”

Nubwo bimeze bityo ariko, bavuga ko hakiri imbogamizi zo kutegerezwa amashanyarazi, kuko mu gutunganya ikawa bakoresha imirasire y’izuba. Iyo izuba ritavuye, imirimo irahagarara.

Nyinawumuntu Agnes ati: “Dufite imbogamizi ikomeye y’umuriro. Aha ni ahantu hafite agaciro kanini, dufite abarinzi n’abakozi bakorera mu biro, ariko hari ibikoresho bisaba amashanyarazi tukabura uko tubikoresha. Mu gutunganya ikawa dufite imashini iyikaranga, ariko ntituyikoresha kuko genereta ntishobora kuyitwara. Gutunganya no gukamura biracyari ikibazo, turacyakoresha uburyo bwa gakondo.”

Undi, Dusabimana Beatha, yunzemo ati: “Iyo izuba ritavuye ntiducana. Tubonye umuriro w’amashanyarazi twajya dukora igihe cyose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, avuga ko iyi koperative iri mu zikora neza mu karere, kandi ko mu gihe cya vuba bazaba bamaze kubona amashanyarazi.

Ati: “Iyi ni imwe mu makoperative meza kandi akora neza mu Karere kacu, ifite umwihariko wo guhinga no gutunganya ikawa. Ku bijyanye n’ibikorwaremezo, hari umushinga mugari dukorana na REG wo kuhageza amashanyarazi. Biteganyijwe ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu k’uyu mwaka bazaba bamaze kuyabona.”

Aba bagore 193 bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa yo mu Murenge wa Rukara, bakaba bahinga ikawa kuri hegitari 10.

Bishyize hamwe bahinga kawa
Barayisarura bagatangira kuyitunganya

Bavuga ko babonye umuriro w’amashanyarazi bayitunganya mu buryo bugezweho

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

Next Post

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze 'Moshios' yagarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.