• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bagihura n’imbogamizi zo kutagira umuriro w’amashanyarazi bakoresha aho batunganyiriza ikawa, ku buryo nubwo bafite imashini iyikaranga ariko batayikoresha.

Bavuga ko bituma mu bihe by’imvura, imirasire y’izuba idakora neza, bityo bakagorwa no kumisha no gutunganya umusaruro, ndetse bakahendwa na mazutu bakoresha mu mashini.

Ni abagore bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa, bakaba baratijwe ubutaka na Leta. Basobanura ko iyi koperative yabafashije kwiteza imbere.

Uwitwa Dusabimana Beatha ati: “Twaratinyutse turavuga tuti aka kazi kajya gakorwa n’abagabo, reka natwe twishakemo imbaraga. Turabukora duhinga ikawa tubona turabishoboye kandi byaraduteje imbere. Tubona uko twishyura mituweri no kwishyurira abana amashuri.”

Nubwo bimeze bityo ariko, bavuga ko hakiri imbogamizi zo kutegerezwa amashanyarazi, kuko mu gutunganya ikawa bakoresha imirasire y’izuba. Iyo izuba ritavuye, imirimo irahagarara.

Nyinawumuntu Agnes ati: “Dufite imbogamizi ikomeye y’umuriro. Aha ni ahantu hafite agaciro kanini, dufite abarinzi n’abakozi bakorera mu biro, ariko hari ibikoresho bisaba amashanyarazi tukabura uko tubikoresha. Mu gutunganya ikawa dufite imashini iyikaranga, ariko ntituyikoresha kuko genereta ntishobora kuyitwara. Gutunganya no gukamura biracyari ikibazo, turacyakoresha uburyo bwa gakondo.”

Undi, Dusabimana Beatha, yunzemo ati: “Iyo izuba ritavuye ntiducana. Tubonye umuriro w’amashanyarazi twajya dukora igihe cyose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, avuga ko iyi koperative iri mu zikora neza mu karere, kandi ko mu gihe cya vuba bazaba bamaze kubona amashanyarazi.

Ati: “Iyi ni imwe mu makoperative meza kandi akora neza mu Karere kacu, ifite umwihariko wo guhinga no gutunganya ikawa. Ku bijyanye n’ibikorwaremezo, hari umushinga mugari dukorana na REG wo kuhageza amashanyarazi. Biteganyijwe ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu k’uyu mwaka bazaba bamaze kuyabona.”

Aba bagore 193 bibumbiye muri Koperative Twongere Umusaruro wa Kawa yo mu Murenge wa Rukara, bakaba bahinga ikawa kuri hegitari 10.

Bishyize hamwe bahinga kawa
Barayisarura bagatangira kuyitunganya

Bavuga ko babonye umuriro w’amashanyarazi bayitunganya mu buryo bugezweho

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 11 =

Previous Post

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

Next Post

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze 'Moshios' yagarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.