Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, wahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yatangaje ko bemeranyijwe gukomeza guteza imbere umubano muri dipolomasi n’imikoranire.

Ni nyuma yuko Perezida William Ruto; umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa muri Ethiopia, ahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wayihagarariyemo Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri iki Cyumweru, Perezida Ruto yatangaje yahuye “na Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva w’u Rwanda mu Nteko Rusange ya 39 y’Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa, muri Ethiopia.”

Perezida wa Kenya, yagize ati “Twemeranyije gukomeza guteza imbere umubano wacu wa dipolomasi no gushimangira ubufatanye bwacu n’ibindi Bihugu kugira ngo duteze imbere inyungu dusangiye no kuzamura Afurika mu mpinduka zo ku rwego rw’Isi.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi yanahuye n’abandi bayobozi bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Netumbo Nandi-Ndaitwah wa Namibia, na we bahuye kuri iki Cyumweru.

Hirya y’Ejo hashize, ku wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare, Minisitiri Dr Justin Nsengiyumva yanahuye na Dr. Richard Hatchett, Umuyobozi Mukuru wa CEPI, ihuriro rigamije ubufatanye mpuzamahanga mu gukora inkingo zirwanya indwara z’ibyorezo ndetse no gutanga ubutabazi bwihuse igihe hadutse icyorezo.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byatangaje ko “Baganiriye ku gukomeza ubufatanye mu kurushaho kongera ubushobozi bw’u Rwanda na Afurika bwo kwitegura no guhangana n’ibyorezo, harimo gukora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, gushyiraho amategeko ya ngombwa no kwihutisha ikorwa n’itangwa ry’inkingo mu gihe habayeho ibyorezo bitunguranye.”

Kuri iki Cyumweru Minisitiri w’Intebe yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe Sudani y’Epfo, aho abayobozi basuzumye intambwe imaze guterwa n’imbaraga zikomeje gushyirwamo ku rwego rw’akarere hagamijwe kugera ku mahoro n’umutekano.

Dr Nsengiyumva yizeje ko u Rwanda rwiteguye gufasha no gusangiza ubunararibonye Sudani y’Epfo mu gusohoka mu bibazo nyuma y’ibibazo bikomeye by’imvururu.

Perezida William Ruto na Minisitiri w’Intebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 14 =

Previous Post

AI in recruitment: Are machines choosing who gets hired?

Next Post

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.