Perezida wa Kenya, Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, wahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yatangaje ko bemeranyijwe gukomeza guteza imbere umubano muri dipolomasi n’imikoranire.
Ni nyuma yuko Perezida William Ruto; umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa muri Ethiopia, ahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wayihagarariyemo Perezida Paul Kagame.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri iki Cyumweru, Perezida Ruto yatangaje yahuye “na Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva w’u Rwanda mu Nteko Rusange ya 39 y’Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa, muri Ethiopia.”
Perezida wa Kenya, yagize ati “Twemeranyije gukomeza guteza imbere umubano wacu wa dipolomasi no gushimangira ubufatanye bwacu n’ibindi Bihugu kugira ngo duteze imbere inyungu dusangiye no kuzamura Afurika mu mpinduka zo ku rwego rw’Isi.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi yanahuye n’abandi bayobozi bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Netumbo Nandi-Ndaitwah wa Namibia, na we bahuye kuri iki Cyumweru.
Hirya y’Ejo hashize, ku wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare, Minisitiri Dr Justin Nsengiyumva yanahuye na Dr. Richard Hatchett, Umuyobozi Mukuru wa CEPI, ihuriro rigamije ubufatanye mpuzamahanga mu gukora inkingo zirwanya indwara z’ibyorezo ndetse no gutanga ubutabazi bwihuse igihe hadutse icyorezo.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byatangaje ko “Baganiriye ku gukomeza ubufatanye mu kurushaho kongera ubushobozi bw’u Rwanda na Afurika bwo kwitegura no guhangana n’ibyorezo, harimo gukora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, gushyiraho amategeko ya ngombwa no kwihutisha ikorwa n’itangwa ry’inkingo mu gihe habayeho ibyorezo bitunguranye.”
Kuri iki Cyumweru Minisitiri w’Intebe yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe Sudani y’Epfo, aho abayobozi basuzumye intambwe imaze guterwa n’imbaraga zikomeje gushyirwamo ku rwego rw’akarere hagamijwe kugera ku mahoro n’umutekano.
Dr Nsengiyumva yizeje ko u Rwanda rwiteguye gufasha no gusangiza ubunararibonye Sudani y’Epfo mu gusohoka mu bibazo nyuma y’ibibazo bikomeye by’imvururu.

RADIOTV10







