Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na Kenya bemeranyijwe kurushaho gushimangira umubano n’imikoranire
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, wahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, yatangaje ko bemeranyijwe gukomeza guteza imbere umubano muri dipolomasi n’imikoranire.

Ni nyuma yuko Perezida William Ruto; umwe mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa muri Ethiopia, ahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wayihagarariyemo Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri iki Cyumweru, Perezida Ruto yatangaje yahuye “na Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva w’u Rwanda mu Nteko Rusange ya 39 y’Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Ababa, muri Ethiopia.”

Perezida wa Kenya, yagize ati “Twemeranyije gukomeza guteza imbere umubano wacu wa dipolomasi no gushimangira ubufatanye bwacu n’ibindi Bihugu kugira ngo duteze imbere inyungu dusangiye no kuzamura Afurika mu mpinduka zo ku rwego rw’Isi.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi yanahuye n’abandi bayobozi bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Netumbo Nandi-Ndaitwah wa Namibia, na we bahuye kuri iki Cyumweru.

Hirya y’Ejo hashize, ku wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare, Minisitiri Dr Justin Nsengiyumva yanahuye na Dr. Richard Hatchett, Umuyobozi Mukuru wa CEPI, ihuriro rigamije ubufatanye mpuzamahanga mu gukora inkingo zirwanya indwara z’ibyorezo ndetse no gutanga ubutabazi bwihuse igihe hadutse icyorezo.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byatangaje ko “Baganiriye ku gukomeza ubufatanye mu kurushaho kongera ubushobozi bw’u Rwanda na Afurika bwo kwitegura no guhangana n’ibyorezo, harimo gukora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, gushyiraho amategeko ya ngombwa no kwihutisha ikorwa n’itangwa ry’inkingo mu gihe habayeho ibyorezo bitunguranye.”

Kuri iki Cyumweru Minisitiri w’Intebe yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe Sudani y’Epfo, aho abayobozi basuzumye intambwe imaze guterwa n’imbaraga zikomeje gushyirwamo ku rwego rw’akarere hagamijwe kugera ku mahoro n’umutekano.

Dr Nsengiyumva yizeje ko u Rwanda rwiteguye gufasha no gusangiza ubunararibonye Sudani y’Epfo mu gusohoka mu bibazo nyuma y’ibibazo bikomeye by’imvururu.

Perezida William Ruto na Minisitiri w’Intebe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

AI in recruitment: Are machines choosing who gets hired?

Next Post

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Related Posts

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

by radiotv10
16/02/2026
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n'ibyarimo byose....

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko...

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma...

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

IZIHERUKA

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko
IBYAMAMARE

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
16/02/2026
0

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

16/02/2026
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.