Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, haravugwa ikibazo cy’umusore ushinja umukobwa ko yamuhaye ibihumbi 50 Frw ngo baryamane, akaza kwisubira, akamusaba kuyamusubiza, mu gihe undi ahakana ko ayo mafaranga ari we wayamuhaye.
Ikibazo cy’uyu musore n’inkumi bombi babarirwa mu kigero cy’imyaka 20, cyagarutsweho mu Nteko y’abaturage, yari yiteguye kugicoca, ariko umusore akabura, bigatuma isubika kukinjiramo mu mizi.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Taba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana, aho amakuru avuga ko uwo musore yari yahaye umukobwa ayo mafaranga kugira ngo bakorane imibonano mpuzabitsina ariko umukobwa akaza kwisubira nyuma yo kuyakira.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko uyu musore yahise yiyambaza ubuyobozi, ajya gutanga ikirego ku Muyobozi w’Umudugudu, wahise abatumiza bombi ngo bashake umuti w’ikibazo.
Umusore yahamirije Mudugudu ko yahaye umukobwa ayo mafaranga bumvikanye ko baryamana, ariko yamara kuyashyikira akamuhinduka, iby’imibonano mpuzabitsina agahita abivamo.
Imbere y’umuyobozi, umusore yasabaga ko umukobwa yamusubiza amafaranga ye kuko icyo yari yayamuhereye kitagezweho, mu gihe umukobwa we yisobanuraga yemera ko ayo mafaranga ibihumbi 50 Frw ayafite koko, ariko ko ari ayo yari yahawe na musaza we ngo ayamubikire.
Umukobwa ahakana ko ntaho yahuriye n’uyu musore ku buryo bagera aho bumvikana kuri ayo mafaranga, ndetse ko n’ibyo kuryamana atazi aho abikura.
Kuri wa Kabiri tariki 17 Gashyantare ubwo habaga Inteko y’Abaturage, iki kibazo kiri mu byari ku murongo w’ibyari kwigwaho, ariko umusore arabura kuko yari yagiye ku isoko, mu gihe umukobwa we yari yitabye.
Nyuma yuko umwe mu barebwa n’iki kibazo abuze, ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo gusubira kukigaho, bwemeza ko buzagishakira undi munsi kugira ngo gishakirwe umuti.
RADIOTV10







