Thursday, February 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

radiotv10by radiotv10
19/02/2026
in MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, haravugwa ikibazo cy’umusore ushinja umukobwa ko yamuhaye ibihumbi 50 Frw ngo baryamane, akaza kwisubira, akamusaba kuyamusubiza, mu gihe undi ahakana ko ayo mafaranga ari we wayamuhaye.

Ikibazo cy’uyu musore n’inkumi bombi babarirwa mu kigero cy’imyaka 20, cyagarutsweho mu Nteko y’abaturage, yari yiteguye kugicoca, ariko umusore akabura, bigatuma isubika kukinjiramo mu mizi.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Taba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana, aho amakuru avuga ko uwo musore yari yahaye umukobwa ayo mafaranga kugira ngo bakorane imibonano mpuzabitsina ariko umukobwa akaza kwisubira nyuma yo kuyakira.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko uyu musore yahise yiyambaza ubuyobozi, ajya gutanga ikirego ku Muyobozi w’Umudugudu, wahise abatumiza bombi ngo bashake umuti w’ikibazo.

Umusore yahamirije Mudugudu ko yahaye umukobwa ayo mafaranga bumvikanye ko baryamana, ariko yamara kuyashyikira akamuhinduka, iby’imibonano mpuzabitsina agahita abivamo.

Imbere y’umuyobozi, umusore yasabaga ko umukobwa yamusubiza amafaranga ye kuko icyo yari yayamuhereye kitagezweho, mu gihe umukobwa we yisobanuraga yemera ko ayo mafaranga ibihumbi 50 Frw ayafite koko, ariko ko ari ayo yari yahawe na musaza we ngo ayamubikire.

Umukobwa ahakana ko ntaho yahuriye n’uyu musore ku buryo bagera aho bumvikana kuri ayo mafaranga, ndetse ko n’ibyo kuryamana atazi aho abikura.

Kuri wa Kabiri tariki 17 Gashyantare ubwo habaga Inteko y’Abaturage, iki kibazo kiri mu byari ku murongo w’ibyari kwigwaho, ariko umusore arabura kuko yari yagiye ku isoko, mu gihe umukobwa we yari yitabye.

Nyuma yuko umwe mu barebwa n’iki kibazo abuze, ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo gusubira kukigaho, bwemeza ko buzagishakira undi munsi kugira ngo gishakirwe umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

Next Post

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Related Posts

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA

ITANGAZO RYA CYAMUNARA Y’UMUTUNGO UTIMUKANWA

by radiotv10
19/02/2026
0

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

by radiotv10
19/02/2026
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Howo yari irimo abakozi bari mu mirimo yo gusana umuhanda, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

by radiotv10
19/02/2026
0

Leta y’u Rwanda iravuga ko iri muri gahunda yo kugabanya imidugudu yo guturamo iri hirya no hino mu Gihugu, ikava...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

by radiotv10
19/02/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 inshuro ebyiri...

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
19/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko inzira yihariye y’abakora imyitozo ngororamubiri yo kwiruka no kugenda n'amaguru iherereye i Nyarutarama mu...

IZIHERUKA

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa
MU RWANDA

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

by radiotv10
19/02/2026
0

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

19/02/2026
Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

19/02/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Kigali: Umugore ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yisobanuye avuga ko ari we wabimusabye

19/02/2026
Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

Ibivugwa ku ifatwa ry’abanyamakuru batatu bafungiwe muri Minisiteri i Burundi

19/02/2026
Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

Umuhanda wihariye wagenewe gukorerwamo siporo mu Mujyi wa Kigali ugiye gufungwa by’agateganyo

19/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari irimo abantu 17 yakoze impanuka abarimo bose baragwa

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.