Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko kuba Perezida w’u Burundi aherutse kuba Umuyobozi w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bishobora kubangamira inzira zo gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, kuko kiriya Gihugu cyafashe uruhande.
Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Gashyantare ubwo yari amaze kwakira Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Imyiteguro y’Ibihe Bidasanzwe, Hadja Lahbib.
Nduhungirehe yavuze ko u Burundi “bushobora kugorana” mu bikorwa by’ubuhuza mu gushaka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni nyuma yuko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ahawe inshingano zo kuyobora Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigiza Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, inshingano yatangiye tariki 14 Gashyantare.
Minisitiri Nduhungirehe, agaragaza zimwe mu mpamvu zigaragaza ko u Burundi bushobora kugorana, yavuze ko iki Gihugu gifite ingabo zikorana n’iza Guverinoma ya Congo FARDC mu rugamba zihanganyemo n’abarwanyi ba AFC/M23.
Muri iki kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Nduhungirehe yavuze ko “biteye impungenge” kuba u Burundi bufite uruhare mu ntambara iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo “mu isura mbi.”
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ingabo z’u Burundi zagose Umuryango w’umuryango w’Abanyamulenge mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bigatuma imibereho ndetse n’ibikorwa by’ubutabazi by’aba Banyekongo bigorana.
Ati “Muri urwo rwego, biragoye ko u Burundi, nubwo bwafashe umwanya wa Perezida wa AU, bugira uruhare mu buhuza.”
Yakomeje avuga ko u Rwanda rwizeye ko abahuza bamaze igihe barashyizweho, nka Togo yahawe inshingano na AU, ndetse n’abandi batanu bafasha iki Gihugu, bazakomeza inshingano.
Ati “Twizera ko abo bafasha n’umuhuza bagomba gukomeza akazi kabo ko gushyigikira impande no gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington nta ruhare rw’u Burundi, ari nabwo bugize muri iyi ntambara.”
U Rwanda rwakunze kugaragaza uruhare rw’u Burundi muri iyi ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC, aho byumwihariko ingabo za kiriya Gihugu zinakorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, usanzwe unahangayikishije u Rwanda.
U Rwanda kandi rwamaganye imikoranire y’u Burundi na DRC, mu mugambi wari uhari wo gushoza intambara kuri iki Gihugu cy’ibituranyi by’ibi byombi.
Ingabo z’u Burundi zimaze imyaka ibiri zigira uruhare muri iyi ntambara, aho binavugwa ko iki Gihugu gifiteyo ingabo zirenga ibihumbi 20 ziba zinayoboye ibitero bikomeje kugabwa mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


RADIOTV10









