Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere ryajya rinabera mu Mirenge yabo, kugira ngo na bo babone amahirwe angana n’ay’abandi, ubuyobozi bukabizeza ko bizakorwa.

Ibi babitangaje mu mpera z’iki cyumweru ubwo mu Karere ka Nyamagabe haberaga imurikabikorwa ririmo abafatanyabikorwa batandukanye, abakora ibikorwa by’ubukungu birimo ubuhinzi, ubworozi, ubudozi, ubukorikori n’izindi serivisi. Nubwo ryitabiriwe n’abaturage benshi, hari abavuga ko kutabera mu mirenge y’icyaro bibabuza kuryitabira uko bikwiye, ndetse bikabangamira imikorere yabo, dore ko ahanini imurikabikorwa rifasha kumenyekanisha ibyo bakora.

Bamwe mu baturage bo mu mirenge yo mu cyaro bavuga ko urugendo rurerure n’amikoro make bituma batabasha kugera aho ribera, bigatuma bahomba amahirwe yo kumurika ibyo bakora no kumenya amahirwe ari mu karere kabo.

Kagabo Alexis, umwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubi, yagize ati “Iyo imurikabikorwa ribereye kure yacu, ntitubasha kuhagera kubera ubushobozi buke. Turifuza ko ryajya ritwegerezwa tukabasha kumurika ibikorwa byacu no gushaka isoko.”

Abakora imishinga mito n’iciriritse bavuga ko imurikabikorwa ribafasha kubona abakiliya bashya no kungurana ibitekerezo n’abandi, ariko ko byarushaho gutanga umusaruro igihe ryajya rikorwa no mu mirenge y’icyaro.

Mukakamana Alice, ukora ubudozi mu Murenge wa Cyanika, na we asanga kwegerezwa imurikabikorwa byamufasha kubona abakiliya benshi. Ati “Dukorera mu byaro, kumenyekanisha ibyo dukora biratugora. Ridusanze hafi twabona amahirwe yo kwagura ibikorwa byacu no kumenya uko isoko rihagaze.”

Habimana Jean Claude, umworozi wo mu Murenge wa Gasaka, avuga ko imurikabikorwa rifasha kungurana ibitekerezo n’abandi bikazamura urwego rw’imikorere.

Yagize ati “Iyo duhuye n’abandi dukora kimwe, twungurana inama kandi tukagira ibyo twigira ku bandi. Ariko iyo ribereye kure, benshi muri twe dusigara inyuma.”

Uwamahoro Claudine, ukora ubukorikori mu Murenge wa Tare, ati “Twifuza ko hashyirwaho gahunda ihoraho yo kwegereza imurikabikorwa abaturage bose, kuko bituma n’abatari basanzwe bagira amahirwe yo kwigaragaza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Thadee, avuga ko hari gahunda iteganyijwe yo kuzajya begereza abaturage aho batuye imurikabikorwa.

Ati “Turateganya ko mu minsi iri imbere tuzajya dutegurira imurikabikorwa mu bice bitandukanye, atari mu mujyi gusa, kugira ngo rigere hose. Gusa ntibinabujijwe ko abafatanyabikorwa bo mu bice bitandukanye na bo bakwishyira hamwe bakaritegura bitabavunnye, tukabafasha mu kubiha umurongo kugira ngo bigende neza. Imurikabikorwa rifasha cyane cyane abikorera n’abafatanyabikorwa kumenyekanisha ibyo bakora no kwegera abaturage. Turimo kureba uko ryagenda rizenguruka imirenge mu byiciro bitandukanye, kugira ngo amahirwe arusheho kugera kuri bose.”

Abaturage basaba ko hashyirwaho gahunda irambye yo kujya rizenguruka imirenge yose, kugira ngo amahirwe arushaho gusaranganywa mu buryo bungana.

Bavuga ko nibishyirwa mu bikorwa, bizatuma iterambere rigera kuri bose, cyane cyane abatuye kure y’umujyi w’Akarere ka Nyamagabe.

Basaba ko imurikabikorwa ryabegerezwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Next Post

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n'urugomo...

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

by radiotv10
24/02/2026
0

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi...

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

by radiotv10
24/02/2026
0

We are living in a fast-moving technology world where help is just one click away. Today, you can open your...

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma...

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

by radiotv10
23/02/2026
0

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Butare, Musenyeri Jean Bosco NTAGUNGIRA yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa wanabaye mu Buyobozi bwa...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

24/02/2026
Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

24/02/2026
Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

24/02/2026
Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry'uburezi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.