Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere ryajya rinabera mu Mirenge yabo, kugira ngo na bo babone amahirwe angana n’ay’abandi, ubuyobozi bukabizeza ko bizakorwa.

Ibi babitangaje mu mpera z’iki cyumweru ubwo mu Karere ka Nyamagabe haberaga imurikabikorwa ririmo abafatanyabikorwa batandukanye, abakora ibikorwa by’ubukungu birimo ubuhinzi, ubworozi, ubudozi, ubukorikori n’izindi serivisi. Nubwo ryitabiriwe n’abaturage benshi, hari abavuga ko kutabera mu mirenge y’icyaro bibabuza kuryitabira uko bikwiye, ndetse bikabangamira imikorere yabo, dore ko ahanini imurikabikorwa rifasha kumenyekanisha ibyo bakora.

Bamwe mu baturage bo mu mirenge yo mu cyaro bavuga ko urugendo rurerure n’amikoro make bituma batabasha kugera aho ribera, bigatuma bahomba amahirwe yo kumurika ibyo bakora no kumenya amahirwe ari mu karere kabo.

Kagabo Alexis, umwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubi, yagize ati “Iyo imurikabikorwa ribereye kure yacu, ntitubasha kuhagera kubera ubushobozi buke. Turifuza ko ryajya ritwegerezwa tukabasha kumurika ibikorwa byacu no gushaka isoko.”

Abakora imishinga mito n’iciriritse bavuga ko imurikabikorwa ribafasha kubona abakiliya bashya no kungurana ibitekerezo n’abandi, ariko ko byarushaho gutanga umusaruro igihe ryajya rikorwa no mu mirenge y’icyaro.

Mukakamana Alice, ukora ubudozi mu Murenge wa Cyanika, na we asanga kwegerezwa imurikabikorwa byamufasha kubona abakiliya benshi. Ati “Dukorera mu byaro, kumenyekanisha ibyo dukora biratugora. Ridusanze hafi twabona amahirwe yo kwagura ibikorwa byacu no kumenya uko isoko rihagaze.”

Habimana Jean Claude, umworozi wo mu Murenge wa Gasaka, avuga ko imurikabikorwa rifasha kungurana ibitekerezo n’abandi bikazamura urwego rw’imikorere.

Yagize ati “Iyo duhuye n’abandi dukora kimwe, twungurana inama kandi tukagira ibyo twigira ku bandi. Ariko iyo ribereye kure, benshi muri twe dusigara inyuma.”

Uwamahoro Claudine, ukora ubukorikori mu Murenge wa Tare, ati “Twifuza ko hashyirwaho gahunda ihoraho yo kwegereza imurikabikorwa abaturage bose, kuko bituma n’abatari basanzwe bagira amahirwe yo kwigaragaza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Thadee, avuga ko hari gahunda iteganyijwe yo kuzajya begereza abaturage aho batuye imurikabikorwa.

Ati “Turateganya ko mu minsi iri imbere tuzajya dutegurira imurikabikorwa mu bice bitandukanye, atari mu mujyi gusa, kugira ngo rigere hose. Gusa ntibinabujijwe ko abafatanyabikorwa bo mu bice bitandukanye na bo bakwishyira hamwe bakaritegura bitabavunnye, tukabafasha mu kubiha umurongo kugira ngo bigende neza. Imurikabikorwa rifasha cyane cyane abikorera n’abafatanyabikorwa kumenyekanisha ibyo bakora no kwegera abaturage. Turimo kureba uko ryagenda rizenguruka imirenge mu byiciro bitandukanye, kugira ngo amahirwe arusheho kugera kuri bose.”

Abaturage basaba ko hashyirwaho gahunda irambye yo kujya rizenguruka imirenge yose, kugira ngo amahirwe arushaho gusaranganywa mu buryo bungana.

Bavuga ko nibishyirwa mu bikorwa, bizatuma iterambere rigera kuri bose, cyane cyane abatuye kure y’umujyi w’Akarere ka Nyamagabe.

Basaba ko imurikabikorwa ryabegerezwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Eng.-For the First Time, Rwanda Will Know Its Position in the Quality of Education Worldwide

Next Post

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500
MU RWANDA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y'indirimbo yabo nshya 'Genda Ubabwire' igezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

How to Choose What Matters Most in Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.