• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere ryajya rinabera mu Mirenge yabo, kugira ngo na bo babone amahirwe angana n’ay’abandi, ubuyobozi bukabizeza ko bizakorwa.

Ibi babitangaje mu mpera z’iki cyumweru ubwo mu Karere ka Nyamagabe haberaga imurikabikorwa ririmo abafatanyabikorwa batandukanye, abakora ibikorwa by’ubukungu birimo ubuhinzi, ubworozi, ubudozi, ubukorikori n’izindi serivisi. Nubwo ryitabiriwe n’abaturage benshi, hari abavuga ko kutabera mu mirenge y’icyaro bibabuza kuryitabira uko bikwiye, ndetse bikabangamira imikorere yabo, dore ko ahanini imurikabikorwa rifasha kumenyekanisha ibyo bakora.

Bamwe mu baturage bo mu mirenge yo mu cyaro bavuga ko urugendo rurerure n’amikoro make bituma batabasha kugera aho ribera, bigatuma bahomba amahirwe yo kumurika ibyo bakora no kumenya amahirwe ari mu karere kabo.

Kagabo Alexis, umwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushubi, yagize ati “Iyo imurikabikorwa ribereye kure yacu, ntitubasha kuhagera kubera ubushobozi buke. Turifuza ko ryajya ritwegerezwa tukabasha kumurika ibikorwa byacu no gushaka isoko.”

Abakora imishinga mito n’iciriritse bavuga ko imurikabikorwa ribafasha kubona abakiliya bashya no kungurana ibitekerezo n’abandi, ariko ko byarushaho gutanga umusaruro igihe ryajya rikorwa no mu mirenge y’icyaro.

Mukakamana Alice, ukora ubudozi mu Murenge wa Cyanika, na we asanga kwegerezwa imurikabikorwa byamufasha kubona abakiliya benshi. Ati “Dukorera mu byaro, kumenyekanisha ibyo dukora biratugora. Ridusanze hafi twabona amahirwe yo kwagura ibikorwa byacu no kumenya uko isoko rihagaze.”

Habimana Jean Claude, umworozi wo mu Murenge wa Gasaka, avuga ko imurikabikorwa rifasha kungurana ibitekerezo n’abandi bikazamura urwego rw’imikorere.

Yagize ati “Iyo duhuye n’abandi dukora kimwe, twungurana inama kandi tukagira ibyo twigira ku bandi. Ariko iyo ribereye kure, benshi muri twe dusigara inyuma.”

Uwamahoro Claudine, ukora ubukorikori mu Murenge wa Tare, ati “Twifuza ko hashyirwaho gahunda ihoraho yo kwegereza imurikabikorwa abaturage bose, kuko bituma n’abatari basanzwe bagira amahirwe yo kwigaragaza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Thadee, avuga ko hari gahunda iteganyijwe yo kuzajya begereza abaturage aho batuye imurikabikorwa.

Ati “Turateganya ko mu minsi iri imbere tuzajya dutegurira imurikabikorwa mu bice bitandukanye, atari mu mujyi gusa, kugira ngo rigere hose. Gusa ntibinabujijwe ko abafatanyabikorwa bo mu bice bitandukanye na bo bakwishyira hamwe bakaritegura bitabavunnye, tukabafasha mu kubiha umurongo kugira ngo bigende neza. Imurikabikorwa rifasha cyane cyane abikorera n’abafatanyabikorwa kumenyekanisha ibyo bakora no kwegera abaturage. Turimo kureba uko ryagenda rizenguruka imirenge mu byiciro bitandukanye, kugira ngo amahirwe arusheho kugera kuri bose.”

Abaturage basaba ko hashyirwaho gahunda irambye yo kujya rizenguruka imirenge yose, kugira ngo amahirwe arushaho gusaranganywa mu buryo bungana.

Bavuga ko nibishyirwa mu bikorwa, bizatuma iterambere rigera kuri bose, cyane cyane abatuye kure y’umujyi w’Akarere ka Nyamagabe.

Basaba ko imurikabikorwa ryabegerezwa

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − four =

Previous Post

Eng.-For the First Time, Rwanda Will Know Its Position in the Quality of Education Worldwide

Next Post

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y'indirimbo yabo nshya 'Genda Ubabwire' igezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.