Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera amagambo yuzuye ibinyoma yatangaje yibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abayobozi bakuru barwo.
Ni nyuma yuko uyu Bad Rama usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America akoze ikiganiro live ku rubuga nkoranyambaga rwa Tik Tok, agatangaza amagambo yibasira u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.
Byinshi byatangajwe n’uyu wamenyekanye mu ruganda rw’imyidagaduro tutifuje kuvuga mu nkuru yacu kuko bihabanye n’ukuri, agera n’aho yibasira Umukuru w’Igihugu amushinja ibinyoma.
Anajya mu murongo w’abiyemeje gushinja u Rwanda ibinyoma ku rwagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akanarenzaho ibindi byinshi bikunze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa Congo n’abiyemeje kuyoboka umurongo wabwo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare 2026, yavuze ko na we yarebye kiriya kiganiro cyatanzwe n’uyu wahoze afasha abahanzi nyarwanda, ariko ko amunenga kubera ibinyoma yatangaje.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi kandi yavuze ko kimwe n’abandi nka Bad Rama, gutangaza ibinyoma ku Gihugu cyabo atari yo nzira iboneye yo gusaba ubuhungiro no kubona ibyangombwa byabwo mu Bihugu baba baragiyemo.
Yagize ati “Ibinyoma no kubahuka Abayobozi bacu sibyo bikora politike. Si nayo nzira ikwiye yo kubona ibyangombwa muri West [muri America]. Iyo ubikoze abaturage turakwamagana na Leta ikazakuduhera isomo.”
Minisitiri Dr. Utumatwishima yakomeje asaba urubyiruko rw’u Rwanda kwima amatwi biriya bonyoma byatangajwe na Bad Rama, ahubwo bakikomereza imihigo n’ibikorwa bibateza imbere n’Igihugu cyabibarutse.


RADIOTV10











