Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in SIPORO
0
TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne, Pau Martí Soriano ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Nsengiyumva Shemu waje ku mwanya wa 20.

Aka gace gafite intera y’ibilometelo 134,6; kahagurukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera kerecyeza mu ka Huye, aho abakinnyi banyuze mu muhanda mushya, uhuza Intara y’Iburasirazuba n’iy’Amajepfo.

Aka gace kahagurutse ku isaaha ya saa sita, n’abakinnyi 78 bahagutse i Nyamata berecyeza i Huye, mu gihe ku munsi w’ejo ubwo hakinwaga agace ka mbere hahagurutse abakinnyi 84.

Abakinnyi batatu; ari bo Martins, Heidemann, na Erasmus bakunze kuyobora abandi, aho bashyize ikinyuranyo cy’ibihe igikundi kinini (Peloton), ariko kigenda kigabanya ibihe ubwo bendaga kugera aho basoreza isiganwa.

Ubwo abakinnyi basatiraga kwinjira mu mujyi wa Huye, peloton yari igifitemo amasegonda macye n’abakinnyi bari imbere, bagiye kuwinjiramo bayakuyemo, ndetse peloton igera ku murongo wo gusorezaho, abakinnyi bari kumwe.

Umunya-Eritrea, Henok Mulubrhan wahabwaga amahirwe yo kwegukana aka gace, yahagereye rimwe na Pau Martí Soriano, ariko kuko yari kumwe na bagenzi be bakinana mu ikipe, imwe, baramuzibira, bituma uyu Munya-Espagne ukinira NSN ari we ukandagiza bwa mbere ipine ku murongo wera aho yakoresheje amasaha 03:10′:10”.

Uyu Munya-Espange Pau Martí Soriano kandi yahise anafata umwambaro w’umuhondo uyoboye iri siganwa ku rutonde rusange, awambura mugenzi we Umunya-Israel Itamar Einhorn bakinana mu ikipe ya NSN Cycling Team.

Ni mugihe uyu Munya-Eritrea, Henok we yaje ku mwanya wa kabiri, ku mwanya wa gatatu haza Umubiligi Mauro Cuylits ukinira ikipe ya Lotto – Groupe Wanty, na we wakurikiwe na Hodei Gabina Munoz wa Soudal Quick-Step Devo Team waje ku mwanya wa kane.

Ubwo abakinnyi biteguraga guhaguruka mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere
Mu muhanda abaturage bari bishimye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Related Posts

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team, yegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda ka Rukomo-...

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

by radiotv10
21/02/2026
0

Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo Tour du Rwanda itangire, igiye kubanzirizwa n'ibirori byo gufungura iri rushanwa ku mugaragaro, bibera ku...

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

by radiotv10
20/02/2026
0

Umukinnyi wa ruhago, Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yatangaje ko yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga, atangaza...

Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

Icyatumye Ingengo y’Imari ya Tour du Rwanda yikuba hafi kabiri cyatangajwe

by radiotv10
19/02/2026
0

Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, FERWACY, ryatangaje ko ingengo y’imari y’isiganwa rya Tour du Rwanda 2026 yazamutseho 50%, igera kuri...

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

by radiotv10
15/02/2026
0

Umutoza w’Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi wirukanywe mu ikipe ya Rayon Sports FC mu kwezi k’Ukwakira 2025, yanze akazi gashya ko kuba...

IZIHERUKA

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere
SIPORO

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

by radiotv10
23/02/2026
0

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

23/02/2026
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

23/02/2026
Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

23/02/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

Byamenyekanye ko Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi aherutse kumara iminsi afunzwe n’urwego rw’ubutasi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.