Umunya-Espagne, Pau Martí Soriano ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Nsengiyumva Shemu waje ku mwanya wa 20.
Aka gace gafite intera y’ibilometelo 134,6; kahagurukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera kerecyeza mu ka Huye, aho abakinnyi banyuze mu muhanda mushya, uhuza Intara y’Iburasirazuba n’iy’Amajepfo.
Aka gace kahagurutse ku isaaha ya saa sita, n’abakinnyi 78 bahagutse i Nyamata berecyeza i Huye, mu gihe ku munsi w’ejo ubwo hakinwaga agace ka mbere hahagurutse abakinnyi 84.
Abakinnyi batatu; ari bo Martins, Heidemann, na Erasmus bakunze kuyobora abandi, aho bashyize ikinyuranyo cy’ibihe igikundi kinini (Peloton), ariko kigenda kigabanya ibihe ubwo bendaga kugera aho basoreza isiganwa.
Ubwo abakinnyi basatiraga kwinjira mu mujyi wa Huye, peloton yari igifitemo amasegonda macye n’abakinnyi bari imbere, bagiye kuwinjiramo bayakuyemo, ndetse peloton igera ku murongo wo gusorezaho, abakinnyi bari kumwe.
Umunya-Eritrea, Henok Mulubrhan wahabwaga amahirwe yo kwegukana aka gace, yahagereye rimwe na Pau Martí Soriano, ariko kuko yari kumwe na bagenzi be bakinana mu ikipe, imwe, baramuzibira, bituma uyu Munya-Espagne ukinira NSN ari we ukandagiza bwa mbere ipine ku murongo wera aho yakoresheje amasaha 03:10′:10”.
Uyu Munya-Espange Pau Martí Soriano kandi yahise anafata umwambaro w’umuhondo uyoboye iri siganwa ku rutonde rusange, awambura mugenzi we Umunya-Israel Itamar Einhorn bakinana mu ikipe ya NSN Cycling Team.
Ni mugihe uyu Munya-Eritrea, Henok we yaje ku mwanya wa kabiri, ku mwanya wa gatatu haza Umubiligi Mauro Cuylits ukinira ikipe ya Lotto – Groupe Wanty, na we wakurikiwe na Hodei Gabina Munoz wa Soudal Quick-Step Devo Team waje ku mwanya wa kane.



RADIOTV10











