Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare (UCI), David Lappartient yatangaje ko yababajwe n’impanuka ikomeye yabaye ubwo hatangizwaga Tour du Rwanda, yihanganisha imiryango ifite abayo bayigiriyemo ibibazo.
Iyi mpanuka yabaye ku Cyumweru tariki 22 Gashyantare 2026 ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda ahakinwe agace katurutse Rukomo kerecyeza i Rwamagana.
Iyi mpanuka yabereye i Gabiro ubwo imwe mu modoka ziba ziherecyeje abari mu irushanwa yataga umuhanda ikagonga bamwe mu bari baje kureba iri siganwa, babiri bagahita bahasiga ubuzima.
Mu itangazo yashyize hanze, Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare (UCI), David Lappartient yagize ati “Nababajwe cyane no kumva impanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda.”
Yakomeje agira ati “UCI irihanganisha inshuti n’iirwanyo yagizweho ingaruka n’iyi mpanuka, kandi irifuriza abakomeretse gukira vuba.”
Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, ryavuze ko kandi abandi bantu batandatu bayikomerekeyemo, bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
FERWACY kandi yavuze Polisi y’u Rwanda yahise itangira iperereza ku cyaba cyateye iriya mpanuka yabaye ku munsi wa mbere w’iri rushanwa rimaze gukinwa uduce tubiri.
Ubwo agace ka kabiri kari kagiye gutangira kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda yapimaga abashoferi batwara ibinyabiziga biherecyeza abakinnyi n’ibitwara abafatanyabikorwa b’irushanwa, kugira ngo harebwe ko batanyoye ibisindisha.
RADIOTV10











