• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n’urugomo rw’umugore wagaragaye mu mashusho akubita inshyi umugabo we mu ruhame, kandi ko agomba gufatwa.

Ni nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’umugore ari gukubitira umugabo mu ruhame, amubaza aho yiriwe.

Ni amashusho agararamo umugore uhetse umwana, akubita umugabo bivugwa ko ari umugabo we, akamukubita imigeri n’inshyi mu matama, anamwuka inabi, amubaza aho yiriwe.

Mu mvugo y’umujinya, uyu mugore abaza uyu mugabo ati “Wagiye mu kazi cyangwa ntabwo wagiyeyo? Biriwe bampamagara njye ndi nyoko, birirwa bahamagara?”

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari yavuye mu rugo ajya mu kazi, ariko ntajyeyo agahitira mu kabari, aho yari yagiye gukora bakamubura, bagahamagara umugore we bamubaza aho umugabo we aherereye.

Amashusho agaragaramo uyu mugore yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho banengaga uyu mugore kubahuka umugabo we akamukubitira mu ruhame.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yavuze ko uru rwego rwamaze kumenya aho ruriya rugomo rwabereye, kandi ko uyu mugore ari gushakishwa.

Yagize ati “Turamufata, twamaze kumenya aho byabereye. Biriya byose bituruka ku businzi.”

CIP Gahonzire Wellars wagarukaga ku nzoga z’inkorano zimaze iminsi zikoresha bamwe amahano muri iyi minsi, ndetse zikanahitana ubuzima bwa bamwe, avuga ko uriya mugore ntakindi cyamukoresheje ruriya rugomo, atari ubusinzi.

Ati “Ibi bintu biri no kwica abaturage, birateza n’ikibazo mu ituze n’umudendezo, abantu barwana, ugasanga abantu bararwana ku manywa y’ihangu, ugasanga umugore arimo arakubita umugabo.”

Inzoga z’inkorana zimaze iminsi zivugwaho kugira ingaruka ku buzima bwa bamwe mu Banyarwanda, barimo n’abaherutse kwitaba Imana, aho mu Karere ka Bugesera hari abantu 27 bazize ikiyobabwenge cya Kanyanga, cyasanzwemo ikinyabutabire cya ethanol.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Next Post

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.