Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari mu maboko y’uru rwego.
Uyu mugore aherutse kugaragara mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru gishize, aho uyu mugore aba yuka inabi umugabo we anamukubita inshyi, ariko undi akamwihorera.
Amakuru avuga ko uyu mugabo yari yavuye mu rugo agiye mu kazi, ariko aho yari yagiye gukora bagahamagara umugore we bamubaza aho umugabo we aherereye kuko batari bamuciye iryera, akamushinja ko yahise yigira mu kabari no mu mikino y’amahirwe.
Mu magambo yavugwaga n’uyu mugore ubwo yakubitaga umugabo we, yagiraga ati “Wagiye mu kazi cyangwa ntabwo wagiyeyo? Biriwe bampamagara njye ndi nyoko, birirwa bahamagara?”
Nyuma y’isakara ry’aya mashusho, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yarivuze ko uru rwego rwamaze kumenya aho ruriya rugomo rwabereye, kandi ko uyu mugore ari gushakishwa.
Yari yagize ati “Turamufata, twamaze kumenya aho byabereye. Biriya byose bituruka ku businzi.”
Amakuru ahari ubu, yemeza ko uyu mugore yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare, ndetse ubu acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera, nyuma yo gufatirwa mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Cyaruzinge muri uyu Murenge wa Ndera.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko “Afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera. Ntabwo yari yagerageje guhunga ariko asa n’uwari wihishe kuko atajyaga ku mugaragaro yakuwe hafi y’urugo rwe.”
Nyuma y’ariya mashusho, hari andi uyu mugore yagaragayemo mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube avuga ko asaba imbabazi Abanyarwanda zo kuba yarubahutse umugabo we akamukubitira mu ruhame, aho avugamo ko bapfuye kuba umugabo we yarafashe amafaranga bagombaga kwishyura ubukode bw’inzu, akajya kuyatega mu mikino y’amahirwe.
CIP Gahonzire Wellars yemeje ko uyu mugore n’umugabo we bapfaga amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo, akagira inama abantu kwirinda kuyitwaza ngo bakore ibikorwa nka biriya.
Yagize ati “Kubona abantu b’ababyeyi barwanira mu ruhame kuriya ntibihuye n’umuco nyarwanda. Bashobora kugana inzego z’ubuyobozi zikabafasha baramutse bafite icyo bapfa.”
Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube, uriya mugore avuga ko nyuma yuko hasakaye ariya mashusho, abantu benshi bamwanze, byumwihariko umuryango w’umugabo we wari watangiye no kumusaba ko batandukana, gusa akavuga ko abantu babanye neza muri iki gihe ari umugabo we n’umwana we.
RADIOTV10










