• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari mu maboko y’uru rwego.

Uyu mugore aherutse kugaragara mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru gishize, aho uyu mugore aba yuka inabi umugabo we anamukubita inshyi, ariko undi akamwihorera.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari yavuye mu rugo agiye mu kazi, ariko aho yari yagiye gukora bagahamagara umugore we bamubaza aho umugabo we aherereye kuko batari bamuciye iryera, akamushinja ko yahise yigira mu kabari no mu mikino y’amahirwe.

Mu magambo yavugwaga n’uyu mugore ubwo yakubitaga umugabo we, yagiraga ati “Wagiye mu kazi cyangwa ntabwo wagiyeyo? Biriwe bampamagara njye ndi nyoko, birirwa bahamagara?”

Nyuma y’isakara ry’aya mashusho, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yarivuze ko uru rwego rwamaze kumenya aho ruriya rugomo rwabereye, kandi ko uyu mugore ari gushakishwa.

Yari yagize ati “Turamufata, twamaze kumenya aho byabereye. Biriya byose bituruka ku businzi.”

Amakuru ahari ubu, yemeza ko uyu mugore yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare, ndetse ubu acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera, nyuma yo gufatirwa mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Cyaruzinge muri uyu Murenge wa Ndera.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko “Afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera. Ntabwo yari yagerageje guhunga ariko asa n’uwari wihishe kuko atajyaga ku mugaragaro yakuwe hafi y’urugo rwe.”

Nyuma y’ariya mashusho, hari andi uyu mugore yagaragayemo mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube avuga ko asaba imbabazi Abanyarwanda zo kuba yarubahutse umugabo we akamukubitira mu ruhame, aho avugamo ko bapfuye kuba umugabo we yarafashe amafaranga bagombaga kwishyura ubukode bw’inzu, akajya kuyatega mu mikino y’amahirwe.

CIP Gahonzire Wellars yemeje ko uyu mugore n’umugabo we bapfaga amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo, akagira inama abantu kwirinda kuyitwaza ngo bakore ibikorwa nka biriya.

Yagize ati “Kubona abantu b’ababyeyi barwanira mu ruhame kuriya ntibihuye n’umuco nyarwanda. Bashobora kugana inzego z’ubuyobozi zikabafasha baramutse bafite icyo bapfa.”

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube, uriya mugore avuga ko nyuma yuko hasakaye ariya mashusho, abantu benshi bamwanze, byumwihariko umuryango w’umugabo we wari watangiye no kumusaba ko batandukana, gusa akavuga ko abantu babanye neza muri iki gihe ari umugabo we n’umwana we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Next Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.