Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba ari mu maboko y’uru rwego.

Uyu mugore aherutse kugaragara mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru gishize, aho uyu mugore aba yuka inabi umugabo we anamukubita inshyi, ariko undi akamwihorera.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari yavuye mu rugo agiye mu kazi, ariko aho yari yagiye gukora bagahamagara umugore we bamubaza aho umugabo we aherereye kuko batari bamuciye iryera, akamushinja ko yahise yigira mu kabari no mu mikino y’amahirwe.

Mu magambo yavugwaga n’uyu mugore ubwo yakubitaga umugabo we, yagiraga ati “Wagiye mu kazi cyangwa ntabwo wagiyeyo? Biriwe bampamagara njye ndi nyoko, birirwa bahamagara?”

Nyuma y’isakara ry’aya mashusho, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yarivuze ko uru rwego rwamaze kumenya aho ruriya rugomo rwabereye, kandi ko uyu mugore ari gushakishwa.

Yari yagize ati “Turamufata, twamaze kumenya aho byabereye. Biriya byose bituruka ku businzi.”

Amakuru ahari ubu, yemeza ko uyu mugore yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare, ndetse ubu acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera, nyuma yo gufatirwa mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Cyaruzinge muri uyu Murenge wa Ndera.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko “Afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ndera. Ntabwo yari yagerageje guhunga ariko asa n’uwari wihishe kuko atajyaga ku mugaragaro yakuwe hafi y’urugo rwe.”

Nyuma y’ariya mashusho, hari andi uyu mugore yagaragayemo mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube avuga ko asaba imbabazi Abanyarwanda zo kuba yarubahutse umugabo we akamukubitira mu ruhame, aho avugamo ko bapfuye kuba umugabo we yarafashe amafaranga bagombaga kwishyura ubukode bw’inzu, akajya kuyatega mu mikino y’amahirwe.

CIP Gahonzire Wellars yemeje ko uyu mugore n’umugabo we bapfaga amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo, akagira inama abantu kwirinda kuyitwaza ngo bakore ibikorwa nka biriya.

Yagize ati “Kubona abantu b’ababyeyi barwanira mu ruhame kuriya ntibihuye n’umuco nyarwanda. Bashobora kugana inzego z’ubuyobozi zikabafasha baramutse bafite icyo bapfa.”

Mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube, uriya mugore avuga ko nyuma yuko hasakaye ariya mashusho, abantu benshi bamwanze, byumwihariko umuryango w’umugabo we wari watangiye no kumusaba ko batandukana, gusa akavuga ko abantu babanye neza muri iki gihe ari umugabo we n’umwana we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

Next Post

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Related Posts

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 164 ziturutse muri Libya, zatumye umubare w’izimaze kwakirwa kuva mu mwaka wa 2019 ugera mu...

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

IZIHERUKA

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700
MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

26/02/2026
Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.