Umukinnyi wa filimi nyarwanda, Nyambo Jesca uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje ibihe byiza ari kugirira muri Qatar, agaragaza ko ashyize imbere kwiyitaho no kwikunda.
Uyu mukinnyi wa filimi yabigaragaje mu mafoto yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, amugaragaza ari ahantu hagaragaza ubwiza bw’Igihugu cya Qatar.
Mu butumwa buherekeje aya mafoto, Nyambo, yagaragaje ko ashyize imbere kwiyitaho no kwikinda, aho yagize ati “mbere na mbere kwikunda, ibihe byose.”
Nyambo Jesca yavuzweho gukundana n’umubyinnyi Titi Brown, ariko bo bagakunda kuvuga ko ari inshuti zisanzwe z’akadosohoka ibizwi nka ‘Besto’, nyuma biza kuvugwa ko batakiri mu rukundo.
Urukundo rw’aba bombi, rwakunze kuvugwa kubera uburyo aho umwe yagaragaraga n’undi yabaga ahari, ndetse bagakunda kubwirana amagambo meza yuzuye urukundo.
Mu itangazamakuru, ubwo babazwagaga ku rukundo rwabo, buri umwe, yakoreshaga imvugo izimije, ntihagire uwemeza ko bakundana cyangwa badakundana.

RADIOTV10











