Umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro akaba n’umuhanzi, Austin Tosh Luwano uzwi nka Uncle Austin, yemeje ko yamaze gusezera Radio Kiss FM amaze igihe akorera.
Uyu munyamakuru wari umaze igihe atumvikana mu kiganiro asanzwe akora kuri uyu radio, yemeje ko impamvu atacyumvikana ari uko atakiri umukozi wayo.
Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, Austin yagize ati “Ubu ikintu navuga ni uko nasezeye kuri Kiss FM, ibindi wenda mu gihe kizaza tuzaganira muzagenda mubimenya.”
Uncle Austin wanatangiye umwuga w’itangazamakuru muri 2005 akaba yaratangiriye mu maradiyo ariko Radio 10, amaze imyaka irenga 10 akorera Kiss FM yatangiye gukoraho muri 2014.
Gusa muri 2022 yari yavuye kuri iyi Radio, ajya kuri Power FM atamazeho igihe kuko yayivuyemo ayimazeho amezi umunani ahita asubira kuri Kiss FM ubu yamaze gusezera.
Nta makuru arambuye yatanze kuri iri sezera rye kuri radio Kiss FM yakoreye imyaka irenga 10, aho yari azwi mu biganiro bifasha benshi kuruhuka.
Uncle Austin kandi asanzwe ari umuhanzi wanashyize hanze indirimbo zinyuranye, akaba ari na rwiyemezamirimo unafite ishoramari rya Resitora ikorera mu Mujyi wa Kigali.
RADIOTV10










