Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo ku rwego rwo hejuru ya Perezida Paul kagame.

Inkuru yanditswe na The Wall Street Journal ifite umutwe ugira uti “As Trump’s African Peace Deal Teetered, a Call From Rwanda Halted U.S. Sanctions” cyangwa se ngo “Ubwo harengwaga ku masezerano y’Amahoro ya Trump, ubusabe bw’u Rwanda bwatumye hahagarikwa ibihano”, ivuga ko mu mpera za Mutarama Perezida Kagame ubwe yivuganiye na Senateri Lindsey Graham wo muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida Kagame yahaye icyifuzo uriya Musenateri wo muri U.S cyo kugira icyo akora ubwo Guverinoma y’Igihugu cye na Minisiteri zishinzwe Imari n’Ubukungu bariho bategura ibihano ku bayobozi bakuru b’u Rwanda ndetse n’aba M23.

Ibyo bihano byari bigamije gusubiza ku mirwano yari yubuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byafashwe nko kurenga ku masezerano y’Amahoro yasinyiwe i Washington D.C. mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.

Iki kinyamakuru kivuga ko Senateri Graham yavuganye n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa U.S- White House ndetse n’ibya Visi Perezida JD Vance akabumvisha ko u Rwanda “ni umufatanyabikorwa ukomeye wa America mu by’umutekano” kandi w’ingenzi wohereza amabuye y’agaciro nkenerwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Yakomeje aburira America ko gufatira u Rwanda ibihano, byagira ingaruka zikomeye, ku bushake rufite mu gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.

Nyuma y’izi nama z’uyu Musenateri, abayobozi bakuru mu butegetsi bwa America bahise bafata umwanzuro wo guhagarika ibihano, baburizamo ubusabe bwari bwatanzwe n’abayobozi bo mu nzego z’imari n’ubukungu. Ibyo bihano byaje guhita bihagarikwa burundu.

Perezida Kagame na na Senateri Lindsey Graham

White House kandi yemereye The Wall Street Journal ko nta bihano byigeze bifatwa, ndetse ko bitazigera bifatwa, no mu bihe biri imbere.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje kugira uruhare n’ubushake mu masezerano y’amahoro ndetse nyuma y’isinywa ryayo ikaba yarashimangiye ko “izayashyira mu bikorwa uko yakabaye” ariko nanone ntiyahwemye kugaragaza uburyo DRC n’imitwe bafatanyije “bakomeje kuyarengaho” mu bihe binyuranye.

U Rwanda kandi rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa mu kugira uruhare rutaziguye mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo rugashimangira ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka.

Abayobozi banyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda kandi bakomeje kugaragaza ibiriho bikorerwa Abanyekongo by’umwihariko abatuye mu bice birimo muri Minembwe muri Kivu y’Epfo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ntiyahwemye kugaragaza uburyo imikoranire ya FARDC, ingabo z’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR, na Wazalendo, bakomeje kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Muri iyi minsi kandi, haravugwa kubura kw’imirwano ikomeye muri Kivu y’Epfo, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurasa ntacyo rwitayeho mu bice bituwemo n’abaturage rukoresheje indege zitagira abapilote mu bitero bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’abasivile.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Next Post

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.