Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo ku rwego rwo hejuru ya Perezida Paul kagame.
Inkuru yanditswe na The Wall Street Journal ifite umutwe ugira uti “As Trump’s African Peace Deal Teetered, a Call From Rwanda Halted U.S. Sanctions” cyangwa se ngo “Ubwo harengwaga ku masezerano y’Amahoro ya Trump, ubusabe bw’u Rwanda bwatumye hahagarikwa ibihano”, ivuga ko mu mpera za Mutarama Perezida Kagame ubwe yivuganiye na Senateri Lindsey Graham wo muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America.
Perezida Kagame yahaye icyifuzo uriya Musenateri wo muri U.S cyo kugira icyo akora ubwo Guverinoma y’Igihugu cye na Minisiteri zishinzwe Imari n’Ubukungu bariho bategura ibihano ku bayobozi bakuru b’u Rwanda ndetse n’aba M23.
Ibyo bihano byari bigamije gusubiza ku mirwano yari yubuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byafashwe nko kurenga ku masezerano y’Amahoro yasinyiwe i Washington D.C. mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize.
Iki kinyamakuru kivuga ko Senateri Graham yavuganye n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa U.S- White House ndetse n’ibya Visi Perezida JD Vance akabumvisha ko u Rwanda “ni umufatanyabikorwa ukomeye wa America mu by’umutekano” kandi w’ingenzi wohereza amabuye y’agaciro nkenerwa Leta Zunze Ubumwe za America.
Yakomeje aburira America ko gufatira u Rwanda ibihano, byagira ingaruka zikomeye, ku bushake rufite mu gushaka umuti w’ibibazo binyuze mu nzira z’amahoro.
Nyuma y’izi nama z’uyu Musenateri, abayobozi bakuru mu butegetsi bwa America bahise bafata umwanzuro wo guhagarika ibihano, baburizamo ubusabe bwari bwatanzwe n’abayobozi bo mu nzego z’imari n’ubukungu. Ibyo bihano byaje guhita bihagarikwa burundu.

White House kandi yemereye The Wall Street Journal ko nta bihano byigeze bifatwa, ndetse ko bitazigera bifatwa, no mu bihe biri imbere.
Guverinoma y’u Rwanda yakomeje kugira uruhare n’ubushake mu masezerano y’amahoro ndetse nyuma y’isinywa ryayo ikaba yarashimangiye ko “izayashyira mu bikorwa uko yakabaye” ariko nanone ntiyahwemye kugaragaza uburyo DRC n’imitwe bafatanyije “bakomeje kuyarengaho” mu bihe binyuranye.
U Rwanda kandi rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa mu kugira uruhare rutaziguye mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ahubwo rugashimangira ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka.
Abayobozi banyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda kandi bakomeje kugaragaza ibiriho bikorerwa Abanyekongo by’umwihariko abatuye mu bice birimo muri Minembwe muri Kivu y’Epfo.
Guverinoma y’u Rwanda kandi ntiyahwemye kugaragaza uburyo imikoranire ya FARDC, ingabo z’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR, na Wazalendo, bakomeje kwica Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.
Muri iyi minsi kandi, haravugwa kubura kw’imirwano ikomeye muri Kivu y’Epfo, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurasa ntacyo rwitayeho mu bice bituwemo n’abaturage rukoresheje indege zitagira abapilote mu bitero bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’abasivile.
RADIOTV10








