• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in MU RWANDA
0
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitirwa n’umugore we mu ruhame, avuga ko na we yabigizemo uruhare kuko yari yakoze amakosa akajyana umutungo w’urugo w’amafaranga ibihumbi 150 Frw mu mikino y’amahirwe, akaribwa agashirirwa, ndetse ko na we yumvaga afite ikimwaro.

Damascene Twagirimana usanzwe akora akazi ko guteka [Chef], mu kiganiro yagiranye YouTube Channel yitwa Siga Updates avuga ko mu buzima busanzwe ari “umuntu wihesha amahoro.” Ariko ko ibyamubayeho n’umugore we ubwo yamukubitiraga mu ruhame n’isakara ry’amashusho yabyo, ari ibintu byamutunguye.

Ati “Biriya bintu rero, ibyago ntawe ubitegura, kuko iyo satani yagendereye urugo rwawe, byanze bikunze ibibazo bizamo ariko icyo mpamya cyo ntabwo biriya byari umugambi ngo ndi burare nkubiswe nanafotowe, byose byabaye mu kanya gato.”

Uyu mugabo avuga ko nubwo umugore we bafitanye umwana umwe yamukubitiye mu ruhame nta rwango bari bafitanye “kandi n’ubu ntaruhari” ariko ko nyuma yuko bibaye, hari benshi bamusabye ko yatandukanye n’umugore we.

Ati “Inshuti zimwe nabyumva nkavuga nti ‘reka ndusenye agahande gato’ akandi kanya nkavuga nti ‘ese ninsenya urugo ibintu maze gukorera imyaka itanu bigahita bihinduka impfabusa ngendeye ku nshuti, ndaba nungutse iki?’.”

Uyu mugabo avuga ko yaje gufata icyemezo, akiyumvisha ko ibyamubayeho ari ibisanzwe ko “nta mugabo bitabaho kuko ntawe ucura undi umuruho”.

Avuga ko ubwo yageraga mu rugo, we n’umugore we bari bakirakaranyije, bwacya bakabona amashusho yabo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ndetse iwabo [w’umugabo] bamuhamagaye bakamubaza ibyabaye, ariko bakiyemeza kubyima amatwi.

Avuga ko yakomeje kwakira inama nyinshi z’abantu bamusabaga ko yatandukana n’umugore we, ariko we akabyima amatwi, nubwo na we atishimiye ibyo yamukoreye. Ati “Sinavuga ko habayeho ikintu cy’ubutwari, nta butwari bwabayeho, umutima ukomeye wo nari nywufite […] icyo nshyize imbere ni ukubaka umuryango, sinateganya gusenya.”

Damascene agaruka ku cyatumye habaho kiriya gikorwa cyagawe na benshi, yavuze ko na we hari amakosa yabigizemo kuko kugira ngo bibe, hari amakosa yari yakoze.

Avuga ko yari yagiye mu mikino y’amahirwe [betting] nyuma yo kugirwa inama n’abamubwiraga ko babyungukiyemo, na we akiyemeza gushoramo ibihumbi 150 Frw yari afite.

Ubwo yavaga muri iyo mikino, hari uwamubonye wahise ahamagara umugore we abimubwira, ari na bwo yahitaga aza bakagirana buriya bushyamirane.

Ati “Icyo njye nayisohotsemo, macye nari mfite yari ahasigaye, nta mafaranga yari asigaye yo kunywesha inzoga […] nanyweye panache ni yo bari banguriye numva ntimanuka bitewe n’uburyo mfite ikimwaro n’isoni, mu mwanya muto mbone umugore arahageze bamuhamagaye.”

Avuga ko ubwo umugore yamugeragaho ari bwo biriya byose byabaye, na we akarwana no kuba yataha n’umugore we bakajya gucocera ibibazo mu rugo.

Kugeza ubu amakuru avuga ko uyu mugore yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo yayo ya Ndera mu Karere ka Gasabo.

Damascene wakuswe n’umugore we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 7 =

Previous Post

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

Next Post

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.