Friday, February 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in MU RWANDA
0
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitirwa n’umugore we mu ruhame, avuga ko na we yabigizemo uruhare kuko yari yakoze amakosa akajyana umutungo w’urugo w’amafaranga ibihumbi 150 Frw mu mikino y’amahirwe, akaribwa agashirirwa, ndetse ko na we yumvaga afite ikimwaro.

Damascene Twagirimana usanzwe akora akazi ko guteka [Chef], mu kiganiro yagiranye YouTube Channel yitwa Siga Updates avuga ko mu buzima busanzwe ari “umuntu wihesha amahoro.” Ariko ko ibyamubayeho n’umugore we ubwo yamukubitiraga mu ruhame n’isakara ry’amashusho yabyo, ari ibintu byamutunguye.

Ati “Biriya bintu rero, ibyago ntawe ubitegura, kuko iyo satani yagendereye urugo rwawe, byanze bikunze ibibazo bizamo ariko icyo mpamya cyo ntabwo biriya byari umugambi ngo ndi burare nkubiswe nanafotowe, byose byabaye mu kanya gato.”

Uyu mugabo avuga ko nubwo umugore we bafitanye umwana umwe yamukubitiye mu ruhame nta rwango bari bafitanye “kandi n’ubu ntaruhari” ariko ko nyuma yuko bibaye, hari benshi bamusabye ko yatandukanye n’umugore we.

Ati “Inshuti zimwe nabyumva nkavuga nti ‘reka ndusenye agahande gato’ akandi kanya nkavuga nti ‘ese ninsenya urugo ibintu maze gukorera imyaka itanu bigahita bihinduka impfabusa ngendeye ku nshuti, ndaba nungutse iki?’.”

Uyu mugabo avuga ko yaje gufata icyemezo, akiyumvisha ko ibyamubayeho ari ibisanzwe ko “nta mugabo bitabaho kuko ntawe ucura undi umuruho”.

Avuga ko ubwo yageraga mu rugo, we n’umugore we bari bakirakaranyije, bwacya bakabona amashusho yabo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ndetse iwabo [w’umugabo] bamuhamagaye bakamubaza ibyabaye, ariko bakiyemeza kubyima amatwi.

Avuga ko yakomeje kwakira inama nyinshi z’abantu bamusabaga ko yatandukana n’umugore we, ariko we akabyima amatwi, nubwo na we atishimiye ibyo yamukoreye. Ati “Sinavuga ko habayeho ikintu cy’ubutwari, nta butwari bwabayeho, umutima ukomeye wo nari nywufite […] icyo nshyize imbere ni ukubaka umuryango, sinateganya gusenya.”

Damascene agaruka ku cyatumye habaho kiriya gikorwa cyagawe na benshi, yavuze ko na we hari amakosa yabigizemo kuko kugira ngo bibe, hari amakosa yari yakoze.

Avuga ko yari yagiye mu mikino y’amahirwe [betting] nyuma yo kugirwa inama n’abamubwiraga ko babyungukiyemo, na we akiyemeza gushoramo ibihumbi 150 Frw yari afite.

Ubwo yavaga muri iyo mikino, hari uwamubonye wahise ahamagara umugore we abimubwira, ari na bwo yahitaga aza bakagirana buriya bushyamirane.

Ati “Icyo njye nayisohotsemo, macye nari mfite yari ahasigaye, nta mafaranga yari asigaye yo kunywesha inzoga […] nanyweye panache ni yo bari banguriye numva ntimanuka bitewe n’uburyo mfite ikimwaro n’isoni, mu mwanya muto mbone umugore arahageze bamuhamagaye.”

Avuga ko ubwo umugore yamugeragaho ari bwo biriya byose byabaye, na we akarwana no kuba yataha n’umugore we bakajya gucocera ibibazo mu rugo.

Kugeza ubu amakuru avuga ko uyu mugore yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo yayo ya Ndera mu Karere ka Gasabo.

Damascene wakuswe n’umugore we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nine =

Previous Post

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Next Post

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Related Posts

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

by radiotv10
27/02/2026
0

Hagiye hanze amakuru avuga ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zateganyaga gufatira u Rwanda, byahagaritswe burundu kubera dipolomasi yo...

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

by radiotv10
27/02/2026
0

Education has always been seen as a pathway to employment. A student walks into university today hoping to prepare for...

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

Eng.-DRC Announces Patrice Lumumba’s Daughter as Candidate to Compete with Louise Mushikiwabo

by radiotv10
27/02/2026
0

One day after the President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, visited France, his government announced Juliana Amato...

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

Maj.Gen.Vincent Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku Ngabo z’u Rwanda ziri Mozambique

by radiotv10
27/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Ntara ya Cabo...

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye
IBYAMAMARE

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

by radiotv10
27/02/2026
0

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

27/02/2026
Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

27/02/2026
Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

Umugabo wagaragaye akubitwa n’umugore we yabivuzeho birambuye n’icyo bapfaga

27/02/2026
Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

Are Universities Preparing Students for Jobs That Don’t Exist Yet?

27/02/2026
BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

BREAKING: Congo yatangaje umukobwa wa Patrice Lumumba nk’umukandida uzahatana na Louise Mushikiwabo

27/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.