• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

radiotv10by radiotv10
27/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca wigeze kwibwa imodoka n’uwari umukozi we, ikaza gusangwa aho yari yayitaye nyuma yo gukora impanuka, yatangaje ko aherutse gukora impanuka ikomeye yashoboraga no kumuhitana ariko Imana ikahaba.

Uyu munyamakuru uzwi mu biganiro by’imidagaduro akaba anazwi mu kazi ko kuyobora ibirori nka MC, yatangaje ko iyi mpanuka yari ikomeye, ariko ku bw’amahirwe akayirokoka, ariko ko yatumye yongera gutekereza ku buzima bwe n’imibanire ye n’Imana.

Yagize ati “Ukwezi gushize nakoze impanuka ikomeye, ndetse iteye ubwoba. ni impanuka yankanguye ubwonko inyereka ko ubuzima bwacu ari bugufi. Ubu ndashimira Imana ko ndi kumera neza kandi niteguye kugarukana imbaraga.”

Bianca avuga ko nyuma y’iyi mpanuka, ubu ari gukira kandi ko byose abikesha ubuntu bw’Imana yamurokoye, kuko yari ikomeye cyane.

Yagize ati “Ubu meze neza, ndi koroherwa kandi ndashimira Imana ikindinze ndizera ntashidikanya ko ikimfiteho umugambi.”

Muri Kamena umwaka ushize, Bianca yari yabuze imodoka bivugwa ko yibwe n’uwari umukozi we mu rugo, iza gusangwa ahazwi nka Bishenyi mu Karere ka Kamonyi, aho yari yasizwe n’uwo mukozi nyuma yo gukora impanuka.

Uyu munyamakuru usanzwe akorera Radio SK FM, unazwi ku bindi bitangazamakuru yanyuzeho nka Flash FM& TV, anazwi mu gutegura ibirori bimurikirwamo imideri yaniyitiriye bizwi nka Bianca Fashion Hub.

Bianca ni umwe mu banyamakuru bafite izina mu Rwanda
Byamenyekanye ko aherutse gukora impanuka ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Uko byagenze ngo hahagarikwe burundu umugambi w’ibihano America yari igiye gufatira u Rwanda

Next Post

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Biravugwa ko Lt Col Willy Ngoma wa AFC/M23 yamaze gushyingurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.