Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC, rwashimiye abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, uburyo bahisemo inzira y’ibiganiro n’ubwumvikane mu gukemura amakimbirane bari bafitanye.
Ibi byatangajwe n’uru rwego, mu butumwa yatanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, aho rwagize ruti “RMC irashimira Lorenzo na Rugaju bahisemo inzira y’ibiganiro, ubwumvikane n’ubuhuza mu gukemura amakimbirane bagiranye mu bihe bitambutse akagaragara no mu ruhame.”
RMC ivuga ko “iyi ni intambwe ishimishije kandi ishimangira ubunyamwuga, kwiyubaha ndetse no guharanira ishema n’icyizere abaturage bafitiye itangazamakuru.”
Uru rwego rwaboneyeho gusaba abanyamakuru kwirinda gukoresha umuyoboro w’igitingazamakuru cyangwa imbuga nkoranyambaga zabo bwite nk’igikoresho cyo kwihimura ku bo bafitanye ibibazo.
Ruti “Tuboneyeho gushishikariza abakora umwuga w’itangazamakuru bose gukomeza kwimakaza imyitwarire iboneye, kubahana, no kwihutira gukemura amakimbirane mu nzira y’amahoro.”
Aba banyamakuru banakoranye mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA byumwihariko kuri Radio Rwanda mu kiganoro n’ubundi cy’amakuru ya Siporo, baherutse guterana amagambo, mu buryo bweruye, aho umwe yanakoresheje imvugo ziremereye.
Byatangiye ubwo umwe muri aba banyamakuru byavugwaga ko yaba ari inyuma y’isezera rya Ngabo Roben ku mwanya w’umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri Rayon Sports.
Rugaju Reagan wavugaga ko Lorenzo ari inyuma ya ririya sezera rya Ngabo, yavugaga ko uyu mugenzi wabo Lorenzo asanzwe yaramwishyizemo, ndetse ko hari ibyo bapfa byatumye anagenda ku nshuti ze zirimo n’uyu Ngabo.

RADIOTV10









