• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

radiotv10by radiotv10
28/02/2026
in SIPORO
0
TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda, aba n’uwa mbere wo muri iki Gihugu wegukanye etape muri iri siganwa.

Aka gace kahagurukiye mu Mujyi wa Musanze kerecyeza mu Mujyi wa Kigali ariko abakinnyi banyuze mu Karere ka Gicumbi, kari gafite ibilometero 147,2.

Aka gace katangiye ku isaha ya saa tanu (11:00), abakinnyi batangiye ari 67, aho umwambaro w’umuhondo w’uyoboye irushanwa ku rutonde rusange yari Umudage Moritz Kretschy, wanakomeje kubiharanira arawugumana.

Ubwo abakinnyi bari bageze mu bilometero 12, abakinnyi batatu bikuye mu gikundi ari bo Novak ukinira ikipe ya Movistar, Cisneros ukinira ikipe ya Soudal na Martins ukinira Localiza, ndetse bashyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 20″ hagati yabo na Peloton.

Mu bilomtero 16, peloton na yo yatangiye gucikamo ibice, aho hari igice cyavutse kijya kugarura abakinnyi batatu bari bamaze kuyikuramo.

Mu bilometero 17, abakinnyi batandatu bari bamaze kuva mu gikundi, ari bo De Clercq and Cisneros (Soudal), Aman (Istanbul), Araya (Eritrea), Manizabayo (Benediction), Martins (Localiza), na bo bashyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 20’’.

Bageze mu bilometeri 27, peloton yari imaze gufata breakaway ubwo bari bageze ahantu hamanuk,a ariko umukinnyi Thompson ukinira Lotto akora atake.

Mu bilometero 30 abakinnyi babiri ba Movistar ari bo Novak na Parera bari bamaze gushyikira Thompson, bahita bakora Breakaway yabo, ndetse bayobora isiganwa igihe kinini, kugeza binjiye mu Mujyi wa Kigali.

Aba bakinnyi batatu bageze mu bilometero 35, bamaze gushyira ikinyuranyo hagati yabo na Peloton cy’umunota 1’05”, ndetse ikinyuranyo gikomeza kwiyongera, kuko bageze mu bilometero 45 bamaze gushyiramo 1’45”, ariko cyongera kumanuka ubwo bageraga mu bilometero 49 ubwo bari bamaze gushyiramo umunota 1’35’’.

Bageze mu bilometero 54, umukinnyi w’Umunyarwanda Manizabayo Eric nawe yakoze atake ya Peloton, ariko na yo ikomeza kumurya insataburenge.

Bageze mu bilometero 77 ikinyuranyo hagati ya Breakaway na Peloton cyongeye kuzamuka aho cyari kimaze kuba umunota 1’45”, ndetse bagera mu bilometero 93 kigeze ku munota 1’50” bagera mu bilometero 100 ikinyuranyo kimaze kuba iminota 2’20’’, bagera mu bilometero 112 cyamaze kuba iminota 3’. Bageze mu bilomtero 10 bya nyuma, ikinyuranyo cyari cyamaze kugabanuka kimaze kuba 45.

Umukinnyi umwe wa Movistar wari kumwe na Thomson yahise acika intege, asigana mugenzi we na Thomson na we waje kumwataka, ndetse arinda agera mu mapavi yo kwa Mutwe ari wenyine, ariko peloton iza kumusangamo akizamuka, ihita inamucaho.

Abakinnyi b’Abanya-Eritrea bagaragazaga ko bashaka kwegukana aka gace, ariko Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo ukinira Soudal Quick-Step Devo Team, akora atake, ndetse anegukana aka gace.

Henrique Ribeiro Bravo yegukanye aka gace akoresheje amasaha 03:20′:59”, aho yakurikiwe n’Umubiligi Lucas Van Gils warushijwe amasegonda 09”, na we wakurikiwe n’Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan na we wasizwe amasegonda 09”.

Umwambaro w’Umuhongo (maillot jaune) w’umukinnyi uyoboye abandi, wakomeje kwambarwa n’Umudage Moritz Kretschy, wavuze ko afite intego yo kwegukana iyi Tour du Rwanda, ariko ko ategereje ibizava mu gace ka nyuma ko kuri iki Cyumweru.

Ubwo abakinnyi bahaguruka

Abakinnyi batatu barimo Thomson bayoboye isiganwa ry’uyu munsi

Bravo Ribeiro yegukanye aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fifteen =

Previous Post

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

Next Post

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.