Umugabo wo mu Mueenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma mu gatuza nyuma y’intonganya zaturutse kuri avoka zo kurya.
Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, afite imyaka 31, mu gihe nyirarume kekwaho kwica yitabye Imana ku myaka 45.
Iki cyaha kiregwa uyu mugabo, cyabereye mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Duwani, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara tariki 18 Gashyantare 2026, ahagana saa kumi z’umugoroba.
Ubushinjacyaha dukesha aya makuru, buvuga ko “Mu ibazwa rye, ukekwa avuga ko yateye icyuma nyirarume mu gatuza ahita apfa.”
Ubushinjacyaha bukomeza bugira buti “Asobanura ko intandaro yabaye avoka 4 yari yahawe na se azikuye mu zo mama we yagurishaga azijyana iwe mu rugo, aho nyina agarukiye atangira gutongana na we amusaba kuzigarura.
Avuga ko yasubiye iwe mu rugo arazizana yitwaje n’icyuma, nyina akomeza kumutuka maze agira umujinya agiye kumutera icyuma, nyirarume aritambika aba ari we agitera mu gatuza ahita apfa.”
Uyu mugabo aramutse ahamijwe icyaha akurikiranyweho yahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iyi ngingo ifite umutwe ugira uti “Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa” ivuga ko “Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.”
RADIOTV10








