Abanyarwenya Teacher Mpamire uzwiho kwigana Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, na Patrick Salvador, bari bategerejwe mu Rwanda, bahasesekaye.
Aba banyarwenya bari mu bafite amazina akomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, bageze i Kigali, aho bitabiriye igitaramo cyiswe ‘Thank You God It’s Funny’ kizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Werurwe 2026.
Teacher Mpamire ukunze kugaraga mu rwenya rwo kwitwara nka Perezida Museveni, aho agaragara yambaye nka we, ndetse anagenda nka we, ku buryo uwamubonera kure ashobora kugira ngo n’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.
Patrick Salvador na we wagiye ataramira Abaturarwanda, azwiho gusetsa abantu mu rwenya rutuma abitabiriye igitaramo yataramiyemo, bataha bamwenyura.
Aba bombi bagaragaje ko bishimiye kugaruka mu Rwanda gutaramira Abaturarwanda muri iki gitaramo kizaba kirimo n’abandi banyarwenya banyuranye bafite amazina azwi, nka Rusine, Herve, Muhinde na Michael w’i Burundi.




RADIOTV10











