• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya Campeonato Mineiro.

Uyu mukino wabereye mu mujyi wa Belo Horizonte warangiye Cruzeiro itsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Kaio Jorge, bituma iyi kipe yegukana igikombe cya shampiyona yo muri leta ya Minas Gerais ku nshuro ya mbere kuva mu mwaka wa 2019.

Nubwo Cruzeiro yishimiye igikombe, umukino wasojwe n’imvururu zikomeye zabaye mu masegonda ya nyuma, bituma abashinzwe umutekano ndetse na polisi ya gisirikare batabara kugira ngo bahoshe imirwano yadutse hagati y’abakinnyi b’impande zombi.

Imirwano yatangiye ubwo umunyezamu wa Atlético Mineiro, Everson, yasunikaga umukinnyi wa Cruzeiro Christian akamugusha hasi, ndetse agashyira ivi ku gatuza ke nyuma y’uko bari bahanganiye umupira wari urekuye.

Ibi byatumye bagenzi ba Christian bahita bagarukira Everson, bamukubita ku giti cy’izamu, maze n’abandi bakinnyi b’amakipe yombi barahurura, imirwano irakomera.

Nubwo umusifuzi Matheus Delgado Candançan atigeze atanga amakarita atukura mu gihe umukino wari ugikomeje, nyuma y’umukino hafashwe icyemezo cyo guha abakinnyi 23 amakarita atukura kubera iyo mirwano.

Cruzeiro yahawemo abakinnyi 12, barimo na Kaio Jorge watsinze igitego cy’intsinzi, mu gihe Atlético Mineiro yahawemo abakinnyi 11, barimo n’umukinnyi wamamaye mu ikipe y’igihugu ya Brazil, Hulk.

Nyuma y’umukino, Hulk yavuze ko ibyabaye biteye agahinda, agira ati:
“Birababaje cyane. Ntitwakagombye gutanga urugero nk’urwo kuko bigira ingaruka ku izina ryacu no ku izina ry’ikipe.”

Nubwo amakipe yombi ari mu makipe akomeye muri Brazil, Cruzeiro na Atlético Mineiro kuri ubu ntibiratangira neza shampiyona ya Campeonato Brasileiro Série A, aho Cruzeiro iri ku mwanya wa 17 naho Atlético Mineiro iri ku wa 19 nyuma y’imikino ine ya mbere.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Next Post

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.