Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya Campeonato Mineiro.

Uyu mukino wabereye mu mujyi wa Belo Horizonte warangiye Cruzeiro itsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Kaio Jorge, bituma iyi kipe yegukana igikombe cya shampiyona yo muri leta ya Minas Gerais ku nshuro ya mbere kuva mu mwaka wa 2019.

Nubwo Cruzeiro yishimiye igikombe, umukino wasojwe n’imvururu zikomeye zabaye mu masegonda ya nyuma, bituma abashinzwe umutekano ndetse na polisi ya gisirikare batabara kugira ngo bahoshe imirwano yadutse hagati y’abakinnyi b’impande zombi.

Imirwano yatangiye ubwo umunyezamu wa Atlético Mineiro, Everson, yasunikaga umukinnyi wa Cruzeiro Christian akamugusha hasi, ndetse agashyira ivi ku gatuza ke nyuma y’uko bari bahanganiye umupira wari urekuye.

Ibi byatumye bagenzi ba Christian bahita bagarukira Everson, bamukubita ku giti cy’izamu, maze n’abandi bakinnyi b’amakipe yombi barahurura, imirwano irakomera.

Nubwo umusifuzi Matheus Delgado Candançan atigeze atanga amakarita atukura mu gihe umukino wari ugikomeje, nyuma y’umukino hafashwe icyemezo cyo guha abakinnyi 23 amakarita atukura kubera iyo mirwano.

Cruzeiro yahawemo abakinnyi 12, barimo na Kaio Jorge watsinze igitego cy’intsinzi, mu gihe Atlético Mineiro yahawemo abakinnyi 11, barimo n’umukinnyi wamamaye mu ikipe y’igihugu ya Brazil, Hulk.

Nyuma y’umukino, Hulk yavuze ko ibyabaye biteye agahinda, agira ati:
“Birababaje cyane. Ntitwakagombye gutanga urugero nk’urwo kuko bigira ingaruka ku izina ryacu no ku izina ry’ikipe.”

Nubwo amakipe yombi ari mu makipe akomeye muri Brazil, Cruzeiro na Atlético Mineiro kuri ubu ntibiratangira neza shampiyona ya Campeonato Brasileiro Série A, aho Cruzeiro iri ku mwanya wa 17 naho Atlético Mineiro iri ku wa 19 nyuma y’imikino ine ya mbere.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 2 =

Previous Post

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Related Posts

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

by radiotv10
09/03/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

IZIHERUKA

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

09/03/2026
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

09/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

09/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.