Saturday, March 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

radiotv10by radiotv10
28/03/2026
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu mudugudu wa Gitaba wo mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano hamenyekanye amakuru ko hari umwana w’umukobwa w’imyaka 16 wabonywe n’abarimo musaza we asambanywa n’umugabo wo muri uyu mudugudu uvugwaho kwangiza abana b’abakobwa, Bamwe mu baturage bo muri uyu mudugudu baranenga umuyobozi wawo ngo wihereranye uyu mwana akamubwira ko agomba kubihakana kugira ngo adaseba akazabura umugabo.

Ababonye uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuli abanza  ari gusambanyirizwa mu ishyamba , bavuga ko babonye urumuri rwa terefone mu ma saa tatu z’ijoro bigatuma bajya kureba bagerayo bagasanga ari umwana bazi ari gusambanywa.

Nyirambonigaba Vestine wababonye agiye gushaka umuti agira ati “Nabonye urumuri rwa terefone nibaza ibyo ari byo nyura inyuma mbagwaho nsanga ni umwana wa hano ari gusambanywa na Nkurikiyimana Eric, Sinabakuye ahubwo nahise nza mpura na musaza we ndamubwira nawe ajya kwirebera”

Umuvandimwe y’uyu mwana witwa Uwanjyenubishaka JMV avuga ko yahise ajya kureba ibiri kuba nawe agasanga mushikiwe ari gusambanywa ariko ntabashe kugira icyo abikoraho ako kanya.

Ati “Njyewe nabonye igikorwa kiba , nasanze amuri hejuru narebye kubibwira i wacu muri iryo joro nsanga nabo bisomeye ku gacupa”

Nyuma y’aho iki kibazo cyagejejwe ku nshuti y’umuryango yo muri uyu mudugudu aho  uyu mwana yiyemereraga ko ari ko byagenze ndetse bikorerwa inyandiko nk’uko Nyabagabo Jean Paul ari we nshuti y’umuryango abivuga

Ati “Umwana ndamubaza arabyemera, avuga ko n’uwo mugabo ngo yari yamwemereye ko azamuha ibihumbi bitanu”.

Icyakora mu buryo butunguranye uyu mwana yaje kwivuguruza bamwe bakavuga ko byaturutse ku kiganiro yagiranye n’umuyobozi w’umudugudu   wamugiriye inama yo kubihakana amubwira ko byamusebya bigatuma atazabona umugabo.

Inshuti y’umuryango iti “Nabajije nyina uko byagenze ambwira ko batumye umwana kuzana ifumbire kwa mudugudu akagaruka yabihunduye”.

Uwanjyenubishaka nawe ati “Uriya mwana yari yiyemereye ko ari ko byagenze ariko nyuma byaje kuvugwa ko ari ibihumbi ijana ngo mudugudu yahawe akuramo ibihumbi makumyabiri  abiha umwana ngo abihakane”.

Umuyobozi w’umudugudu wa Gitaba Uhoraningoga Ezechias ahakana kugira uruhare mu guhindura imvugo k’uyu mwana w’umukobwa we akavuga ko nawe amakuru yayamenye nk’abandi bose .

Ati “ Ntabyo nzi, nakubwiye ko nanjye nabyumvise nk’uko abandi babyumvise”.

Habiyambere JMV ari we se w’umwana bivugwako yasambanyijwe, avuga ko yagerageje gukurikirana iki kibazo kugeza n’aho ajyanye umwana ku rwego rw’ubugenzacyaha, ariko ntibigire icyo bitanga kuko naho uyu mwana yakomeje kuvuga ko ntacyabaye bitandukanye n’uko yavugaga mbere.

Habiyambere ati “Ni nanjye wamwibarije nti byarabaye koko,ati byarabaye, ati yambwiye ko agomba kumpa amafaranga ibihumbi bitanu ariko ntayo yampaye, umwana ndamujyana tugeze kuri RIB ahindura imvugo arabihakana”.

Umuyobozo w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukankusi Athanasie, avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo kuko icyaha cyo gusambanya umwana kitungwa cyangwa ngo gishyirwemo inyoroshyo.

Ati “Ubusanzwe iki ntabwo ari icyaha cyungwa, turaza kungurana inama nk’ubuyobozi tugikurikirane”.

Kwivuguruza k’uyu mwana no kuzinzikwa kw’iki kibazo byatumye atabona ubufasha bwo kwa muganga bwo kumurinda ingaruka zaterwa no gusambanywa mu gihe byaba byarabayeho, ndeste umugabo uvugwaho kumusambanya we yamaze gutoroka kugeza ubu.

Bibaye mu gihe n’ubundi mu mwaka ushize nabwo muri uyu mugudu hari undi mwana w’umukobwa wabwiye Radio&TV10 ko uyu mugabo usanzwe afite abagore babiri yamusambanyije amwemereye amafaranga bikamuviramo kubyara inda atateganyije ndeste icyo gihe nabwo ntibyigeze bikurikiranwa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − one =

Previous Post

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Related Posts

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
28/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

At the beginning, everything feels exciting. The conversations are smooth, the attention is sweet, and you start imagining what this...

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

by radiotv10
27/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo
MU RWANDA

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

by radiotv10
28/03/2026
0

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

28/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.