Nyuma y’uko mu mudugudu wa Gitaba wo mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano hamenyekanye amakuru ko hari umwana w’umukobwa w’imyaka 16 wabonywe n’abarimo musaza we asambanywa n’umugabo wo muri uyu mudugudu uvugwaho kwangiza abana b’abakobwa, Bamwe mu baturage bo muri uyu mudugudu baranenga umuyobozi wawo ngo wihereranye uyu mwana akamubwira ko agomba kubihakana kugira ngo adaseba akazabura umugabo.
Ababonye uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuli abanza ari gusambanyirizwa mu ishyamba , bavuga ko babonye urumuri rwa terefone mu ma saa tatu z’ijoro bigatuma bajya kureba bagerayo bagasanga ari umwana bazi ari gusambanywa.
Nyirambonigaba Vestine wababonye agiye gushaka umuti agira ati “Nabonye urumuri rwa terefone nibaza ibyo ari byo nyura inyuma mbagwaho nsanga ni umwana wa hano ari gusambanywa na Nkurikiyimana Eric, Sinabakuye ahubwo nahise nza mpura na musaza we ndamubwira nawe ajya kwirebera”
Umuvandimwe y’uyu mwana witwa Uwanjyenubishaka JMV avuga ko yahise ajya kureba ibiri kuba nawe agasanga mushikiwe ari gusambanywa ariko ntabashe kugira icyo abikoraho ako kanya.
Ati “Njyewe nabonye igikorwa kiba , nasanze amuri hejuru narebye kubibwira i wacu muri iryo joro nsanga nabo bisomeye ku gacupa”
Nyuma y’aho iki kibazo cyagejejwe ku nshuti y’umuryango yo muri uyu mudugudu aho uyu mwana yiyemereraga ko ari ko byagenze ndetse bikorerwa inyandiko nk’uko Nyabagabo Jean Paul ari we nshuti y’umuryango abivuga
Ati “Umwana ndamubaza arabyemera, avuga ko n’uwo mugabo ngo yari yamwemereye ko azamuha ibihumbi bitanu”.
Icyakora mu buryo butunguranye uyu mwana yaje kwivuguruza bamwe bakavuga ko byaturutse ku kiganiro yagiranye n’umuyobozi w’umudugudu wamugiriye inama yo kubihakana amubwira ko byamusebya bigatuma atazabona umugabo.
Inshuti y’umuryango iti “Nabajije nyina uko byagenze ambwira ko batumye umwana kuzana ifumbire kwa mudugudu akagaruka yabihunduye”.
Uwanjyenubishaka nawe ati “Uriya mwana yari yiyemereye ko ari ko byagenze ariko nyuma byaje kuvugwa ko ari ibihumbi ijana ngo mudugudu yahawe akuramo ibihumbi makumyabiri abiha umwana ngo abihakane”.
Umuyobozi w’umudugudu wa Gitaba Uhoraningoga Ezechias ahakana kugira uruhare mu guhindura imvugo k’uyu mwana w’umukobwa we akavuga ko nawe amakuru yayamenye nk’abandi bose .
Ati “ Ntabyo nzi, nakubwiye ko nanjye nabyumvise nk’uko abandi babyumvise”.
Habiyambere JMV ari we se w’umwana bivugwako yasambanyijwe, avuga ko yagerageje gukurikirana iki kibazo kugeza n’aho ajyanye umwana ku rwego rw’ubugenzacyaha, ariko ntibigire icyo bitanga kuko naho uyu mwana yakomeje kuvuga ko ntacyabaye bitandukanye n’uko yavugaga mbere.
Habiyambere ati “Ni nanjye wamwibarije nti byarabaye koko,ati byarabaye, ati yambwiye ko agomba kumpa amafaranga ibihumbi bitanu ariko ntayo yampaye, umwana ndamujyana tugeze kuri RIB ahindura imvugo arabihakana”.
Umuyobozo w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukankusi Athanasie, avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo kuko icyaha cyo gusambanya umwana kitungwa cyangwa ngo gishyirwemo inyoroshyo.
Ati “Ubusanzwe iki ntabwo ari icyaha cyungwa, turaza kungurana inama nk’ubuyobozi tugikurikirane”.
Kwivuguruza k’uyu mwana no kuzinzikwa kw’iki kibazo byatumye atabona ubufasha bwo kwa muganga bwo kumurinda ingaruka zaterwa no gusambanywa mu gihe byaba byarabayeho, ndeste umugabo uvugwaho kumusambanya we yamaze gutoroka kugeza ubu.
Bibaye mu gihe n’ubundi mu mwaka ushize nabwo muri uyu mugudu hari undi mwana w’umukobwa wabwiye Radio&TV10 ko uyu mugabo usanzwe afite abagore babiri yamusambanyije amwemereye amafaranga bikamuviramo kubyara inda atateganyije ndeste icyo gihe nabwo ntibyigeze bikurikiranwa







