Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

radiotv10by radiotv10
29/03/2026
in SIPORO
0
Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Kepler Women Volleyball Club yageze ku mukino wa nyuma wa playoffs nyuma yo gusezerera Police VWVC yari yatwaye igikombe cya shampiyona ya cy’umwaka ushize, umukino wabereye muri Petit Stade.

Kepler itozwa n’Umutoza Florien SIBORUREMA, yatsinze Police amaseti 3-1, ukaba wari umukino wa 5 wa kamarampaka dore ko mu mikino 4 bari bahuye, batsindanye inshuro ebyiri kuri ebyiri.

Ni ubwa mbere iyi kipe ya Kepler igeze ku mukino wa nyuma mu myaka 2 imaze ishinzwe cyane ko umwaka ushize ari na wo wari uwa mbere kuri yo, yabaye iya 4 nyuma yo gutsindwa na RRA bahataniraga umwanya wa 3.

Abakinnyi barimo BINTA BAH FATUMATA ukomoka mu gihugu cya Guinea bongeye kwigaragaza nubwo atari yatangiye umukino neza, ariko uruhare rwe rukomeye mu maseti ya nyuma rwahesheje iyi kipe y’i Kinyinya intsinzi yabagejeje ku mukino wa nyuma wa playoffs, aho bazahura na APR Women Volleyball Club yo imaze iminsi yarakuyemo Rwanda Revenue Authority Women Volleyball Club (RRA).

Nk’uko byari bimeze muri 1/2 aho ikipe zatanguranwaga gutsinda imikino 3, ni nako ku mukino wa nyuma bizagenda, ibyo bakunze kwita Best of 5 (Umwiza mu mikino 5).

Kuri uyu wa 3 tariki ya 1 Mata 2026, ni bwo hari butangire imikino ya nyuma ndetse n’iyo guhatanira umwanya wa 3.

Saa tanu n’igice z’uwo munsi, mu bagore RRA izakina umukino wa mbere na Police mu guhatanira umwanya wa 3, nyuma yaho saa munani abagabo ba Kepler bazahura na Gisagara na bo bakinira umwanya wa 3. Saa kumi n’igice hazatangira umukino wa mbere wa finale uzahuza Kepler WVC na APR, mu gihe saa moya z’umugoroba Police y’abagabo izakina na REG, imikino yose ikazabera muri Petit Stade.

Nyuma y’umunsi wa mbere utegerejwe ku wa 3, umunsi wa 2 uzakinwa ku wa 4 Mata 2026 guhera saa sita n’igice, n’ubundi muri Petit Stade.

Ikipe ya Police Women Volleyball Club ni yo ifite igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize mu bagore aho yatsinze APR WVC, mu gihe icy’abagabo cyo cyatwawe na APR itsinze Police.

Ikipe izatwara igikombe cya shampiyona izahembwa miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda (2M) haba mu bagabo ndetse n’abagore.

Yatsize Police WVBC
Ibyishimo byari byose kuri Kepler nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma
Umutoza wa Kepler Florien SIBORUREMA agejeje Kepler kuri finale ku nshuro ya mbere
BITA BAH FATOUMATA ari mu bakinnyi ba Kepler b’inkingi zikomeye

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Next Post

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.