• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

radiotv10by radiotv10
29/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyekongo Véron Mosengo-Omba, wari Umunyamabanga Mukuru wa CAF, yeguye nyuma y’igihe kinini asabwa kuva kuri uwo mwanya, mu bihe byari byuzuyemo umwuka mubi mu mupira w’amaguru muri Afurika, harimo umwanzuro wo guha igikombe cy’Afurika cya 2025 igihugu cya Maroc cyambuwe Senegal, byakuruye impaka mu mupira w’isi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, yavuze asezeye kuri uyu mwanya ngo ashyire umutima mu mishinga ye.

Asezeye mu gihe hari ikibazo gikomeye cyo kutizera ubuyobozi bwa CAF (Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika), by’umwihariko nyuma y’icyemezo cyo kwambura Senegal igikombe cy’Afurika, ndetse hakaba hari n’abasaba ko hakorwa iperereza ku birego bya ruswa muri iri shyirahamwe.

Hari hashize igihe kinini Véron Mosengo-Omba anengwa kuba yarakomeje kuba Umunyamabanga Mukuru kandi yararengeje imyaka y’amavuko 63 ari yo ntarengwa yemewe.

Mu itangazo yasohoye, Mosengo-Omba yagize ati “Nyuma y’imyaka irenga 30 mu kazi mpuzamahanga nagiyemo nteza imbere umupira w’amaguru uhuza abantu, ubigisha kandi ubaha amahirwe yo kugira icyizere, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa CAF kugira ngo nibande ku mishinga yanjye bwite.”

Yakomeje avuga ko asezeye afite umutima utuje kandi nta gitutu, asize CAF imeze neza kurusha mbere.

Yashimiye Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, abo bakoranye ndetse n’abagize uruhare mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika, anifuriza ko iryo terambere rizakomeza.

Mosengo-Omba yari umuntu utavugwagaho rumwe muri CAF, aho bamwe mu bakozi bamushinjaga guteza umwuka mubi mu kazi, nubwo iperereza ryakozwe nyuma y’ibirego by’abakozi ryamugize umwere.

Uyu mugabo w’imyaka 66 y’amavuko anafite ubwenegihugu bw’u Busuwisi, kandi yigeze no gukorera FIFA, aho yari inshuti ya kera ya Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Nubwo yavuze ko asezeye, bivugwa ko ashobora kuziyamamariza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu matora ateganyijwe mu mezi ari imbere.

Naramuka atowe, byatuma ashobora no kuzakomereza ku mwanya wo hejuru muri CAF, akaba yanaba Perezida wayo mu gihe Dr. Patrice Motsepe yaba yeguye akajya muri politiki mu gihugu cye cya Afurika y’Epfo nk’uko bivugwa, aho na we avugwa nk’ushobora gusimbura Perezida Cyril Ramaphosa.

Ku mwanya wo kuyobora ruhago ya Kongo Kinshasa, Mosengo-Omba ashobora kuzahangana na Safari Emmanuel ukuriye Komisiyo y’Imisifurire muri CAF, na we wagaragaje inyota yo kwiyamamariza uwo mwanya.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Motsepe yemeye ko CAF iri guhura n’ibibazo by’ubunyangamugayo, kandi nyuma y’impaka zatewe n’umukino wa nyuma wa AFCON, leta ya Senegal yasabye ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ku micungire y’iri shyirahamwe.

Kwambura Senegal igikombe cya AFCON byakozwe n’akanama gashinzwe ubujurire ka CAF, ariko byagize ingaruka zikomeye ku isura y’umupira w’amaguru muri Afurika.

CAF yatangaje ko Samson Adamu, ushinzwe amarushanwa, ari we ugiye gusimbura by’agateganyo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.

Mosengo-Omba si we wa mbere weguye muri CAF muri iyi nkubiri y’amakimbirane, kuko uwari ukuriye Akanama k’Amategeko na we aheruka kwegura.

Véron Mosengo-Omba yeguye

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Next Post

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

Related Posts

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

by radiotv10
03/07/2026
0

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru ku Isi, Cristiano Ronaldo yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru w’Umunyarwanda uri muri Canada ahari kubera Igikombe cy’Isi, kirebana...

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Next Post
The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.