Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

radiotv10by radiotv10
29/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyekongo Véron Mosengo-Omba, wari Umunyamabanga Mukuru wa CAF, yeguye nyuma y’igihe kinini asabwa kuva kuri uwo mwanya, mu bihe byari byuzuyemo umwuka mubi mu mupira w’amaguru muri Afurika, harimo umwanzuro wo guha igikombe cy’Afurika cya 2025 igihugu cya Maroc cyambuwe Senegal, byakuruye impaka mu mupira w’isi.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, yavuze asezeye kuri uyu mwanya ngo ashyire umutima mu mishinga ye.

Asezeye mu gihe hari ikibazo gikomeye cyo kutizera ubuyobozi bwa CAF (Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika), by’umwihariko nyuma y’icyemezo cyo kwambura Senegal igikombe cy’Afurika, ndetse hakaba hari n’abasaba ko hakorwa iperereza ku birego bya ruswa muri iri shyirahamwe.

Hari hashize igihe kinini Véron Mosengo-Omba anengwa kuba yarakomeje kuba Umunyamabanga Mukuru kandi yararengeje imyaka y’amavuko 63 ari yo ntarengwa yemewe.

Mu itangazo yasohoye, Mosengo-Omba yagize ati “Nyuma y’imyaka irenga 30 mu kazi mpuzamahanga nagiyemo nteza imbere umupira w’amaguru uhuza abantu, ubigisha kandi ubaha amahirwe yo kugira icyizere, nafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa CAF kugira ngo nibande ku mishinga yanjye bwite.”

Yakomeje avuga ko asezeye afite umutima utuje kandi nta gitutu, asize CAF imeze neza kurusha mbere.

Yashimiye Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, abo bakoranye ndetse n’abagize uruhare mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika, anifuriza ko iryo terambere rizakomeza.

Mosengo-Omba yari umuntu utavugwagaho rumwe muri CAF, aho bamwe mu bakozi bamushinjaga guteza umwuka mubi mu kazi, nubwo iperereza ryakozwe nyuma y’ibirego by’abakozi ryamugize umwere.

Uyu mugabo w’imyaka 66 y’amavuko anafite ubwenegihugu bw’u Busuwisi, kandi yigeze no gukorera FIFA, aho yari inshuti ya kera ya Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Nubwo yavuze ko asezeye, bivugwa ko ashobora kuziyamamariza kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu matora ateganyijwe mu mezi ari imbere.

Naramuka atowe, byatuma ashobora no kuzakomereza ku mwanya wo hejuru muri CAF, akaba yanaba Perezida wayo mu gihe Dr. Patrice Motsepe yaba yeguye akajya muri politiki mu gihugu cye cya Afurika y’Epfo nk’uko bivugwa, aho na we avugwa nk’ushobora gusimbura Perezida Cyril Ramaphosa.

Ku mwanya wo kuyobora ruhago ya Kongo Kinshasa, Mosengo-Omba ashobora kuzahangana na Safari Emmanuel ukuriye Komisiyo y’Imisifurire muri CAF, na we wagaragaje inyota yo kwiyamamariza uwo mwanya.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Motsepe yemeye ko CAF iri guhura n’ibibazo by’ubunyangamugayo, kandi nyuma y’impaka zatewe n’umukino wa nyuma wa AFCON, leta ya Senegal yasabye ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ku micungire y’iri shyirahamwe.

Kwambura Senegal igikombe cya AFCON byakozwe n’akanama gashinzwe ubujurire ka CAF, ariko byagize ingaruka zikomeye ku isura y’umupira w’amaguru muri Afurika.

CAF yatangaje ko Samson Adamu, ushinzwe amarushanwa, ari we ugiye gusimbura by’agateganyo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru.

Mosengo-Omba si we wa mbere weguye muri CAF muri iyi nkubiri y’amakimbirane, kuko uwari ukuriye Akanama k’Amategeko na we aheruka kwegura.

Véron Mosengo-Omba yeguye

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Next Post

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

The Importance of Listening: Be a learner from everyone you meet

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.