Wednesday, April 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

radiotv10by radiotv10
01/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw, yari yajuririye.

Urukiko Rukuru rwaburanishije ubujurire bwa Moses Turahirwa, ni rwo rwagumishijeho iki Gihano cyari cyarafashwe n’ Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.

Muri 2024 ni bwo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Moses Turahirwa ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, rumukatira kiriya gihano, ariko ntiyanyurwa, akijurira mu Rukiko Rukuru.

Uyu muhanga mu guhanga imideri, yaburanye atakambira Urukiko Rukuru guca inkoni izamba rukazamukatira igihano gisubitse, akaba yarekurwa akajya hanze, ndetse agakomeza kwitabwaho n’abaganga bo mu mutwe ku bibazo yasigiwe no gukoresha ibiyobyabwenge.

Moses Turahirwa waburanye yemera bimwe mu bigize ibyaha ashinjwa, mu bujurire yaburanye tariki 16 Werurwe, yemereye Urukiko ko yanyoye ikiyobyabwenge cy’urumogi, ariko ko inshuro zose yakinyoye yabaga ari mu mahanga mu Bihugu byemewe gukoresha ibyo biyobyabwenge.

Ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, Moses yashinjwaga ibishingiye ku ifoto yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaza ko yemerewe ko muri pasiporo ye handikwa ko ari igitsinagore.

Mu kuburana, uregwa yavuze ko icyo yakoze ari uguhindura iriya foto hakoreshejwe imbuga nkoranyambaga, ariko ko umwimerere w’iriya Pasiporo atigeze awuhindura.

Uregwa yavugaga ko ntahandi iyo foto yakoreshejwe ahubwo ko ari ku mbuga nkoranyambaga, bityo ko ntacyaha cyo guhindura inyandiko yakoze.

Moses Turahirwa kandi, uretse iki gihano cy’imyaka itatu cyagumishijweho n’Urukiko Rukuru, yanakatiwe igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe, mu rundi rubanza na rwo yahamijwemo ibyaha bifitanye isano no gukoresha ibiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
01/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

by radiotv10
30/03/2026
0

Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama wamenyekanye mu gufasha abahanzi, uherutse kwerura ko yamaze kuyoboka inzira yo gusebya u Rwanda...

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

by radiotv10
28/03/2026
0

Walk into any store, scroll through TikTok, or open Instagram, and one thing is clear, skincare is everywhere. From teenagers...

IZIHERUKA

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano
IBYAMAMARE

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

01/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

01/04/2026
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

01/04/2026
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

01/04/2026
Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

01/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.