• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in IMYIDAGADURO
0
Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe urunturuntu hagati y’abahanzi bamaze iminsi bakanyuzaho ko bimariranyemo ari bo Ariel Wayz na Juno Kizigenza, ubu bashyize hanze ubutumwa bandikiranye bugaragaza icyatumye urukundo rwabo ruyonga.

Ubu butumwa bwashyizwe hanze na Ariel Wayz wavuze ko arambiwe kubihishira, bugaragaza ikiganiro kirekire yagiranye na Juno Kizigenza kuri WhatsApp bavugana ku byo gucana inyuma.

Muri ubu butumwa, Uwayezu Ariel AKA Ariel Wayz atangira abaza Juno Kizigenza aho aherereye akamubwira ko ari mu minsi mikuru n’umuryango we.

Uyu muhanzikazi ahita yungamo akabwira Juno Kizigenza ko atari mu muryango we ahubwo ko ari kwifurahisha ku Gisenyi n’uwahoze ari umukunzi we uba hanze y’u Rwanda.

Juno Kizigenza na we akomeza gutsimbarara amubwira ko atamubeshye bigatuma umukobwa amusaba ko babonana muri ako kanya ariko undi akamubwira ko bitashoboka ahubwo ko bazabonana nko ku wa Gatatu.

Ariel Wayz ahita abwira Juno Kizigenza ko nibatabonana muri ako kanya atazongera kugira amahirwe yo kumubona.

Mu minsi ishize aba bombi bari bashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko buri umwe yahuye no gutenguhwa mu rukundo, ibintu byatumye hakekwa ko ishyamba atari ryeru hagati yo mu gihe byari bizwi ko urukundo rwabo ari pata na rugi.

Gusa ibintu nk’ibi byagiye byifashishwa na bamwe mu bahanzi bashaka kwiyamamariza ibikorwa byabo ku buryo binakekwa ko aba na bo baba bari mu gakino ko gukomeza kugaruka mu matwi y’abakunzi babo ndetse banakomeza kwamamaza indirimbo zabo dore ko hari iyo Ariel Wayz aherutse gushyira hanze mu gihe Juno Kizigenza na we hari iyo yitegura gusohora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Rubavu: Umugabo watemaga igiti cyo kumurinda urupfu cyamugwiriye ahita apfa

Next Post

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.