Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w’iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro.
Amakuru ava muri Rayon Sports, avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwafashe iki cyemezo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026 nyuma yuko uyu mukinnyi yari amaze igihe avugwaho imyitwarire idakwiye ituma atitwara neza mu kibuga.
Umunyamakuru Jean Luc Imfurayacu ukurikiranira hafi amakuru ya Siporo mu Rwanda, yatangaje ko ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, kandi bwandikiye ibaruwa uyu mukinnyi bumusaba ibisobanuro kuri iyi myitwarire idahwite amaze iminsi agaragaza.
Hamaze iminsi havugwa imyitwarire idahwitse kuri bamwe mu bakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda, byumwihariko abanyamahanga aho bavugwaho kugaragara mu bikorwa bimwe nko kujya mu tubari no mu bakobwa, bituma batabona umwanya uhagije wo gukora imyitozo.
Umunyamakuru Jean Claude Hitimana wa RADIOTV10, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata ubwo yagaruka ku myitwarire idahwitse y’aba bakinnyi, yagize ati “Abakinnyi bakina muri iyi Shampiyona yacu y’u Rwanda by’umwihariko abanyamahanga, umwanya bamara biruka inyuma y’abakobwa n’abagore, ni wo munini kurusha uwo bamara biruka inyuma y’umupira.”
RADIOTV10











