Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi basanzwe ari umugabo n’umugore, Tuyizere Pierre Claver [Papi Claver] na Dorcas Ingabire, banagize itsinda bahuriyemo, bavuze uburyo binjiye mu rukundo babanje kubigirwamo inama n’abandi bantu babereye abahuza, bikarangira koko bakundanye bakanarushinga, aho barinze bakora ubukwe, umukobwa atarakandagira mu icumbi ry’umusore.

Papi Claver avuga ko yatangiye kubona Dorcas muri 2016 ubwo umusore wari inshuti ye yajyaga ashyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto ye akifuza ko bamenyana.

Ati “Nkabona ni umukobwa mwiza uri aho ngaho nyine […] ariko uwo musore akajya ambwira ngo ‘nyamara mbona uyu mukobwa muberanye’.”

Muri 2018, Dorcas yamenyanye n’umuvandimwe wa Claver witwa Musinga na we agakomeza kumubwira ko baberanye, kuko yabonaga ari umukobwa w’imico myiza.

Avuga ko aho Dorcas aziye muri Kigali, yajyaga amubona ndetse ko yari yatangiye kuba icyamamare. Ati “Aba umusitari kuko yari umukobwa mwiza. Umukobwa mwiza aramenyekana, noneho iyo ubaye mwiza uri muri ADEPR uba umeze nk’aho twese ari abasore bose bareba.”

Papi avuga ko yumvaga atajya mu byo gukundana na Dorcas kuko abasore benshi bifuzaga kumugira inshuti, ndetse ko yumvaga afite ubwoba ko aramutse amusabye urukundo atazarumwemerera.

Uwo muvandimwe we yakomeje kubimubwira amusaba ko yamwegera akamusaba urukundo, agahindukira akajya no kubibwira Dorcas.

Gusa ngo muri icyo gihe Imana yamuhishuriraga ko igiye kumukorera ubukwe, ngo ikamubwira ko “kandi nzaguha umudamu mwiza…”

Gusa ngo yarebaga mu bakobwa bose baziranye, ntamubone, agakomeza gusenga asaba Imana kuzamuha umugore mwiza imbere n’inyuma.

Ati “Umunsi umwe nicaye, ndavuga nti ‘uriya mukobwa mwiza uwagerageza’ ni bwo natangiye kumwandikira. Twari turimo gutegura isabukuru ya murumuna wanjye, duhuriramo na Dorcas, noneho ndavuga nti ‘reka mbike akanimero ntawamenya’ noneho uko nakabitse, na we abika akanjye.”

Avuga ko uko bandikiranaga, byagaragazaga ko bagenda bahuza mu kiganiro, kuva ku nshuro ya mbere, kuko na we yagaragazaga ubushake bwo kuganira.

Batangiye kuganira buri wese yiyumva mu wundi, batangira kwigana, buri umwe amenya icyo undi akunda n’icyo yanga bigera aho amwerurira ko amukunda.

Ati “Nabanje kubisasira, mubwira ko hari ijambo nshaka kumubwira, ariko na we wabonaga ko aritegereje. Ni uko ndarimubwira rero, arambwira ati ‘reka nzagusubize’ ndamubwira nti ‘ariko ngiye ntanyuzwe’ ariko na we amera nk’aho anyemereye, kuko ndabyibuka neza ko yambwiye ngo ‘ariko ntuhangayike’.”

Avuga ko mu ibyo byabaye mu ijoro ryari ryabanje, bucyeye “mu gitondo saa moya, nasanze yansubije, umenya na we atarasinziriye.”

Dorcas na we avuga ko yari yarakunze Papi, ariko ko yari ategereje ko ari we utera intambwe ya mbere akaza kubimwibwirira nk’uko bigenda mu muco nyarwanda.

Ati “Mu by’ukuri yagiye kumbwira ngo ‘ndagukunda’ numva mbizi neza ijana ku ijana ko agomba kubimbwira ahubwo ikibazo cyari ukwibaza ngo kuko ari gutinda kubimbwira.”

 

Barinze bashakana ataramusura aho yabaga

Bavuga ko kwemeranya ko bakundanye, byabaye mu mpera za 2018, ubundi bahita binjira mu mushinga wo kuzarushingana, kandi ko umusore yahise abwira umukobwa ko mu mwaka wa 2019 bazakora ubukwe.

Mu rugendo rwo gukundana no gutegura kuzabana, bakomeje kubiragiza Imana ndetse bakajya bahura bagasangira, ariko ko Dorcas atigeze agera aho Papi Claver yabanaga n’umusore mugenzi we.

Ati “Twarinze dukora ubukwe ntazi ahantu ataha, kandi twarapiganye na we abizi. Hari n’igihe yigeze kurwara dukundana, kuko nari mbizi ko agira appetite nkeya, nzi ko igihe yabuze appetite akunda gukoresha imbuto, ndagenda ndazigura, mfata moto ndazijyana mpagarara kuri kaburimbo ndamubwira nti ‘ohereza umuntu ndi kuri kaburimbo aha n’aha, aze azifate’.”

Avuga ko ibi bari barabyumvikanyeho, kuko icyari ngombwa kwari ukumenya ababyeyi be, na bo bakamumenya ariko ko atari kugera aho yari acumbitse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 20 =

Previous Post

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Related Posts

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

by radiotv10
23/04/2026
0

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda, asaba urubyiruko kwirinda gukoreshwa n’abashobora kubashora mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo...

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
22/04/2026
0

“Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange ku rugi muzakingurirwa” Ni amagambo agize umurongo wa Bibiliya wifashishijwe na Miss Jolly Mutesi asangiza...

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

by radiotv10
20/04/2026
1

Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yarezwe n’abasore...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

by radiotv10
20/04/2026
0

Umunyamakuru DC Clement uregwa ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, witabye urukiko kugira ngo aburane ku...

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

by radiotv10
16/04/2026
0

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, amaze iminsi ari mu Bitaro nyuma yo kujyanwayo mu masaha y’igicuku yafashwe n'uburwayi....

IZIHERUKA

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo
IBYAMAMARE

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

by radiotv10
24/04/2026
0

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

24/04/2026
Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

24/04/2026
Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

24/04/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

24/04/2026
Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru iteye amatsiko y’urukundo rw’abahanzi Papi Claver na Dorcas mbere yo kurushingana nk’umugore n’umugabo

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.