Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

radiotv10by radiotv10
02/05/2026
in MU RWANDA
0
Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi bwagize icyo buvuga ku ruhande ruryoherwa muri iki gikorwa gihuza abantu babiri.

Hari abayikora ngo bishime, abandi bakayikora ngo bororoke, hari n’abavuga ko iki gikorwa gifasha abagikoze kuruhuka yaba mu mutwe ndetse no kuruhura umubiri.

Abahanga mu bijyanye n’iki gikorwa, bemeza ko ari ngombwa mu buzima bwa buri munsi, dore ko hari n’ingaruka zishobora guturuka ku kuba abantu batagikora cyangwa bagikora ku gipimo kiri hasi y’igikenerwa.

 

Ubushakashatsi buvuga iki ku ruhande ruryoherwa n’imibonano mpuzabitsina

Ubushakashatsi na kaminuza ya Chapman na Kinsey Institute zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika  bwerekana ko abagabo bafite uburyo bworoshye bwo kuryoherwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kurusha abagore bitewe n’impamvu zitandukanye.

Ubu bushakashatsi bwerekano ko ku ruhande rw’umugabo iyo ari gutera akabariro adakenera umwanya munini ngo agere ku byishimo bye byanyuma aho bavuga ko kwinjiza igitsina cye mu cy’umugore akarangiza bihagije.

Ni mu gihe ku ruhande rw’abagore bakenera kubanza kubategura harimo gukorakora ku bice by’imyanya myibarukiro nka  rugongo n’ibindi kugira ngo umubiri wabo uvubure imisemburo irimo uwa Estrogen utuma igitsina cy’umugore kigira ubuhehere bufasha mu gihe cyo gutera akabariro.

Abagore benshi (hagati ya 10% na 28%) bumva ububabare mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, ibyo bikagabanya ibyishimo, mu gihe ku bagabo ibi ari gake cyane.

Ku bijyanye n’ibice by’umubiri by’ingenzi mu gutera akabariro ku mugabo ni igitsina aho gikenera gufata umurego mu gihe ku mugore ari rugongo.

Igitsina cy’umugabo mu gihe afite ubushake kigira imyakura 4,000 mu gihe rugongo y’umugore igira 10,000.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru Archives of Sexual Behavior bwerekanye ko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina abagabo bagera ku byishimo byabo bya nyuma ku kigero cya 95% mu gihe abagore ari 65%.

Yerekana ko abagore baryamana bahuje ibitsina baryoherwa ku kigero cyo hejuru kurusha kuryama n’abagabo aho bagera ku byishimo byabo byanyuma ku kigero kiri hagati ya 75% na 86%.

Bavuga ko ibi biterwa n’uko umugore aba azi igice kingenzi mu gutanga ibyishimo ndetse mu gihe ari kubikorana na mugenzi bibanda cyane ku gukorakora rugongo kuruta kwinjiza igitsina gusa nk’uko abagabo babikora.

Umushakashatsi Dr. Justin R. Garcia uyobora kaminuza ya Kinsey Institute, yagaragaje ko ibyishimo by’abagabo mu gihe cyo gutera akabariro bishingiye ku byo babona ndetse n’ibyo bakora muri icyo gihe.

Ku ruhande rw’abagore Dr. Garcia avuga ko kuryoherwa kwabo gushingira ku buryo biteguye mu mutwe akavuga ko iyo umugore atuje, akabona akunzwe ndetse afitiwe ikizere n’uwo bagiye gukorana imibonano mpuzabitsina ibyishimo bye bishobora kurenga cyane iby’umugabo.

Akomeza avuga ko umugabo iyo amaze gusohora, umubiri we ukenera kuruhuka (refractory period) gishobora kumara iminota runaka bitewe n’imiterere y’umuntu kugira ngo igitsina cye cyongere gufata umurego uhagije ku gutera akabiro.

Ku ruhande rw’umugore we ashobora kugira ibyishimo bikubye inshuro nyinshi iby’umugabo kandi bikamara igihe kirekire bitamusabye kubanza kuruhuka.

Ivomo y’inyandiko y’Ikinyarwanda: Umunota.com

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

IZIHERUKA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore
MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

02/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

01/05/2026
Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.