• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

radiotv10by radiotv10
02/05/2026
in MU RWANDA
0
Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi bwagize icyo buvuga ku ruhande ruryoherwa muri iki gikorwa gihuza abantu babiri.

Hari abayikora ngo bishime, abandi bakayikora ngo bororoke, hari n’abavuga ko iki gikorwa gifasha abagikoze kuruhuka yaba mu mutwe ndetse no kuruhura umubiri.

Abahanga mu bijyanye n’iki gikorwa, bemeza ko ari ngombwa mu buzima bwa buri munsi, dore ko hari n’ingaruka zishobora guturuka ku kuba abantu batagikora cyangwa bagikora ku gipimo kiri hasi y’igikenerwa.

 

Ubushakashatsi buvuga iki ku ruhande ruryoherwa n’imibonano mpuzabitsina

Ubushakashatsi na kaminuza ya Chapman na Kinsey Institute zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika  bwerekana ko abagabo bafite uburyo bworoshye bwo kuryoherwa mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kurusha abagore bitewe n’impamvu zitandukanye.

Ubu bushakashatsi bwerekano ko ku ruhande rw’umugabo iyo ari gutera akabariro adakenera umwanya munini ngo agere ku byishimo bye byanyuma aho bavuga ko kwinjiza igitsina cye mu cy’umugore akarangiza bihagije.

Ni mu gihe ku ruhande rw’abagore bakenera kubanza kubategura harimo gukorakora ku bice by’imyanya myibarukiro nka  rugongo n’ibindi kugira ngo umubiri wabo uvubure imisemburo irimo uwa Estrogen utuma igitsina cy’umugore kigira ubuhehere bufasha mu gihe cyo gutera akabariro.

Abagore benshi (hagati ya 10% na 28%) bumva ububabare mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, ibyo bikagabanya ibyishimo, mu gihe ku bagabo ibi ari gake cyane.

Ku bijyanye n’ibice by’umubiri by’ingenzi mu gutera akabariro ku mugabo ni igitsina aho gikenera gufata umurego mu gihe ku mugore ari rugongo.

Igitsina cy’umugabo mu gihe afite ubushake kigira imyakura 4,000 mu gihe rugongo y’umugore igira 10,000.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru Archives of Sexual Behavior bwerekanye ko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina abagabo bagera ku byishimo byabo bya nyuma ku kigero cya 95% mu gihe abagore ari 65%.

Yerekana ko abagore baryamana bahuje ibitsina baryoherwa ku kigero cyo hejuru kurusha kuryama n’abagabo aho bagera ku byishimo byabo byanyuma ku kigero kiri hagati ya 75% na 86%.

Bavuga ko ibi biterwa n’uko umugore aba azi igice kingenzi mu gutanga ibyishimo ndetse mu gihe ari kubikorana na mugenzi bibanda cyane ku gukorakora rugongo kuruta kwinjiza igitsina gusa nk’uko abagabo babikora.

Umushakashatsi Dr. Justin R. Garcia uyobora kaminuza ya Kinsey Institute, yagaragaje ko ibyishimo by’abagabo mu gihe cyo gutera akabariro bishingiye ku byo babona ndetse n’ibyo bakora muri icyo gihe.

Ku ruhande rw’abagore Dr. Garcia avuga ko kuryoherwa kwabo gushingira ku buryo biteguye mu mutwe akavuga ko iyo umugore atuje, akabona akunzwe ndetse afitiwe ikizere n’uwo bagiye gukorana imibonano mpuzabitsina ibyishimo bye bishobora kurenga cyane iby’umugabo.

Akomeza avuga ko umugabo iyo amaze gusohora, umubiri we ukenera kuruhuka (refractory period) gishobora kumara iminota runaka bitewe n’imiterere y’umuntu kugira ngo igitsina cye cyongere gufata umurego uhagije ku gutera akabiro.

Ku ruhande rw’umugore we ashobora kugira ibyishimo bikubye inshuro nyinshi iby’umugabo kandi bikamara igihe kirekire bitamusabye kubanza kuruhuka.

Ivomo y’inyandiko y’Ikinyarwanda: Umunota.com

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

Next Post

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.