Saturday, April 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
25/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo gishya cyo kwibohora no kubaka Congo nshya izaramba.

Général Major Sultani Makenga yabibwiye abayobozi 395 bo mu nzego za Politiki ubwo basozaga amahugurwa ya mbere yiswe INTAKE001 “Uongozi Bora” (Imiyoborere Myiza).

Ni amahugurwa yari agamije gukomeza guhindura no kuvugurura no kubaka eta nshya mu miyoborere y’ibice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 kuva yabibohora.

Aya mahugurwa yagarutse ku nsanganyamatsiko zinyuranye, zirimo “kwitandukanya n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, kugarura ubutegetsi bwa Leta, guteza imbere ubumwe n’imibereho myiza y’abaturage, no kurandura imigirire mibi imaze igihe kinini ibangamiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe cy’ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwarananiwe.”

Iki gikorwa cyo gusoza aya mahugurwa cyabaye ku wa Kane tariki 23 Mata 2026 mu gikorwa cyabereye mu kigo cya Kanombe muri Teritwari ya Rutshuru, cyayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Général Major Sultani Makenga.

Iki gikorwa kandi cyarimo Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, Guverineri wa Kivu ya Ruhuru, Bahati Musanga Erasto, ndetse n’abandi basirikare bakuru muri M23.

Général Major Sultani Makenga mu ijambo rye, yasabye aba bayobozi kujya gushyira mu bikorwa inyigisho baherewe muri aya mahugurwa muri serivisi baha abatrurage.

Uyu Mugaba Mukuru wa M23 kandi yashimangiye ko iki kiragano gishya cy’abayobozi ari cyo musingi wo kwibohora guhamye ndetse no kongera kubaka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irambye.

Yagize ati “Ubu ntibikiri ibyo gusezeranya abantu gusa, ahubwo bigomba kuba ibikorwa bifatika bigamije inyungu z’abaturage.”

Aba bayobozi kandi na bo bizeje ubuyobozi Bukuru bwa AFC/M23 kuzakora mu nyungu z’abaturage, kandi bagakomeza gushyigikira icyerekezo cy’iri huriro kigamije impinduramatwara.

Gen Makenga yageneye ubutumwa aba bayobozi

Guverineri wa Kivu ya Ruhuru, Bahati Musanga Erasto, na we yari ahari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Related Posts

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje. Urwo rukiko...

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

by radiotv10
23/04/2026
0

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo...

IZIHERUKA

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23
AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Skills You Need to Start and Grow a Business

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.