Perezida Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo, uri mu ruzinduko mu Burusiya, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Vladimir Vladimir Putin bagirana ibiganiro byo mu muhezo.
Ni mu ruzinduko rw’akazi, Denis Sassou Nguesso ari kugirira mu Burusiya kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mata 2026.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika ya Congo, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, byatangaje ko Perezida wa Repubulika y’iki Gihugu, yakiriwe na mugenzi we wa kiriya Gihugu cy’u Burusiya.
Perezidansi ya Repubulika ya Congo, yavuze ko “Mu ruzinduko arimo mu Burusiya, Perezida Denis Sassou Nguesso, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, i Kremlin yakiriwe na mugenzi we Vladimir Putin, bagirana ibiganiro byihariye (tête-à-tête).”
Mbere y’uku kwakirwa na mugenzi we, Perezida wa Congo Brazzaville kandi kuri uyu wa Gatatu yasuye ingoro y’ikirango cy’imva y’umusirikare utazwi, iherereye i Mascow mu Murwa mukuru wu Burusiya.
Uru ruzinduko rw’akazi rwa Perezida Nguesso, ruteganyijwemo ibikorwa binyuranye birimo ibi biganiro yagiranye na mugenzi we, ndetse n’ibigomba guhuza amatsinda y’abayobozi ku mpande zombi.
Perezida Nguesso agiririye uruzinduko mu Burusiya nyuma y’ibyumweru bibiri arahiriye gukomeza kuyobora Congo Brazzaville, mu muhango wabereye kuri Stade Unity mu gace ka Kintélé, witabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye barimo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.



RADIOTV10









