Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya Jean-Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w’Intebe Wungirije, n’uw’Ubwikorezi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiriwe muri Portugal nyuma yo kumara imyaka 19 iparitse ku kibuga cy’Indege cya Faro, akanahabwa iminsi 60 ngo ayihakure abanje kwishyura miliyoni 1 y’amayero, ntabikore.

Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 727-100, yari imaze imyaka 19 iparitse ku kibuga cy’indege cya Faro mu Gihugu cya Portugal, aho yatangiye gutorera ingese.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ko ubuyobozi bushinzwe iby’indege muri Portugal bwari bwasabye Jean Pierre Bemba kujya gufata iriya ndege mu gihe kitarenze iminsi 60, ndetse akanishyura amafaranga ya parikingi yari imaze igihe ihaparitse, aho yagombaga kwishyura akabakaba miliyoni imwe z’amayero.

Iki kibazo cyatangiye muri 2008, aho muri uwo mwaka Jean-Pierre Bemba yaburanaga urubanza yari afite mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha. Ibiro by’Ubushinjacyaha byari byasabye ko imitungo y’uyu Munyapolitiki wo muri Congo, aho iri hose mu Bihugu binyuranye, ifatirwa.

Ni bwo iyi ndege ye na yo gufatirwa ku Kibuga cy’Indege cya Faro muri Portugal. Iyi ndege yaje kumara igihe kinini iparitse kuri iki kibuga cy’Indege bifatwa nko guteza icyugaze no kubangamira ibikorwa muri Portugal nk’uko biteganywa n’itegeko rishya ryaje gushyirwaho n’ubutegetsi bushya ku bijyanye n’indege zatawe na bene zo ku bibuga by’indege.

RFI ivuga ko yagerageje kubaza Jean-Pierre Bemba kuri iki kibazo kugira ngo agire icyo akivugaho, ariko akaba yabyanze, ariko umwe mu bari hafi ye, akaba yavuze ko ibi byose byatewe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, bityo ko ari na rwo rukwiye kwirengera ingaruka zabyo, ndetse rukaba rugomba no kwishyura kariya kayabo k’amafaranga yishyuzwa ya parikingi.

Jean-Pierre Bemba yaje kugirwa umwere muri 2018, ku byaha yaburanishirizwaga muri uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.

Jean-Pierre Bemba waburanishwaga na ICC yaje kugirwa umwere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − four =

Previous Post

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Related Posts

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Nyuma y’umunsi umwe Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Perezida William Ruto wa Kenya na we aratangira...

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
04/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibitero bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye birimo ibyibasira amatungo y’abaturage, bigamije gukomeza gushyira mu kaga ubuzima n’imibereho...

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

America yaciye amarenga ko ishaka guhagarika burundu intambara yo muri Iran

by radiotv10
02/05/2026
0

Minisitiri w’ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth, yavuze ko igihe ntarengwa cyari cyarashyizweho kugira ngo ubuyobozi bwa...

Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
01/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Joseph Kabila kubera gushyigikira...

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

Umugabo wajyanye umurambo kuri Banki kuwusabisha amafaranga yavivuzeho birambuye

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Burasirazuba bw’u Buhindi, uherutse kugaragara yikoreye umurambo wumye wa mushiki we awujyanye kuri Banki ngo...

IZIHERUKA

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe
AMAHANGA

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

by radiotv10
05/05/2026
0

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

05/05/2026
Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

04/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.