Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya Jean-Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w’Intebe Wungirije, n’uw’Ubwikorezi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiriwe muri Portugal nyuma yo kumara imyaka 19 iparitse ku kibuga cy’Indege cya Faro, akanahabwa iminsi 60 ngo ayihakure abanje kwishyura miliyoni 1 y’amayero, ntabikore.
Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 727-100, yari imaze imyaka 19 iparitse ku kibuga cy’indege cya Faro mu Gihugu cya Portugal, aho yatangiye gutorera ingese.
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ko ubuyobozi bushinzwe iby’indege muri Portugal bwari bwasabye Jean Pierre Bemba kujya gufata iriya ndege mu gihe kitarenze iminsi 60, ndetse akanishyura amafaranga ya parikingi yari imaze igihe ihaparitse, aho yagombaga kwishyura akabakaba miliyoni imwe z’amayero.
Iki kibazo cyatangiye muri 2008, aho muri uwo mwaka Jean-Pierre Bemba yaburanaga urubanza yari afite mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha. Ibiro by’Ubushinjacyaha byari byasabye ko imitungo y’uyu Munyapolitiki wo muri Congo, aho iri hose mu Bihugu binyuranye, ifatirwa.
Ni bwo iyi ndege ye na yo gufatirwa ku Kibuga cy’Indege cya Faro muri Portugal. Iyi ndege yaje kumara igihe kinini iparitse kuri iki kibuga cy’Indege bifatwa nko guteza icyugaze no kubangamira ibikorwa muri Portugal nk’uko biteganywa n’itegeko rishya ryaje gushyirwaho n’ubutegetsi bushya ku bijyanye n’indege zatawe na bene zo ku bibuga by’indege.
RFI ivuga ko yagerageje kubaza Jean-Pierre Bemba kuri iki kibazo kugira ngo agire icyo akivugaho, ariko akaba yabyanze, ariko umwe mu bari hafi ye, akaba yavuze ko ibi byose byatewe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, bityo ko ari na rwo rukwiye kwirengera ingaruka zabyo, ndetse rukaba rugomba no kwishyura kariya kayabo k’amafaranga yishyuzwa ya parikingi.
Jean-Pierre Bemba yaje kugirwa umwere muri 2018, ku byaha yaburanishirizwaga muri uru Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.

RADIOTV10











