Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko abantu batanu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, bageze mu kigo cya Mutobo, bavuye i Goma, aho bazanye n’imiryango yabo yo yajyanywe i Nyarushishi, avuga ko baza bafite ubwoba kubera ibinyoma babwirwa iyo bakiri hakurya, ko nibagera mu Rwanda bazicwa.

Gatabazi yabitangaje mu butumwa yatambukije, bugaragaza ubwo yariho aganira n’aba bantu batanu, bose b’igitsinagabo, ubwo bageraga muri iki kigo cya Mutobo, bagiye gutorezwamo mbere yo gusezererwa bakajya mu buzima busanzwe.

Muri ubu butumwa yanditse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, Hon. Gatabazi yagize ati “Abahoze muri FDLR bagera kuri 5 uyu munsi bageze i Mutobo cya Rwanda Demobilisation and Reintegration Commission baturutse i Goma.”

Komiseri muri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yakomeje avuga ko aba bantu baje bazanye n’imiryango yabo.

Ati “Bakaba baraje n’imiryango yabo yakomereje i Nyarushishi mbere yo kwerekeza mu Turere twabo. Baba bafite ubwoba batizeye ko baramuka bitewe n’uko mu buzima bwabo babwiwe ko utashye wese yicwa.”

U Rwanda rumaze iminsi rwakira Abanyarwanda bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko baba barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR, ubangira gutaha, ukabahoza ku binyoma ko umuntu wese ugeze mu Rwanda agirirwa nabi.

Aba Banyarwanda bagiye bagaragaza ibyishimo ubwo babaga bakandagiye ku butaka bw’Igihugu cyabo, bavuga ko ibyo babwirwaga byose basanze ari ibinyoma, kubera uburyo bakiranwa urugwiro ruhebuje.

Batanu bahoze ari abarwanyi ba FDLR bageze i Mutobo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

The Ministry of Infrastructure has announced plans to convert vehicles that use petroleum products (petrol and diesel) into ones powered...

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

by radiotv10
05/05/2026
0

Rwanda has submitted its candidacy to be re-elected to the Council of the International Telecommunication Union (ITU) for the fifth...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

IZIHERUKA

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse
MU RWANDA

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

06/05/2026
Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

05/05/2026
Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.