Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko abantu batanu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, bageze mu kigo cya Mutobo, bavuye i Goma, aho bazanye n’imiryango yabo yo yajyanywe i Nyarushishi, avuga ko baza bafite ubwoba kubera ibinyoma babwirwa iyo bakiri hakurya, ko nibagera mu Rwanda bazicwa.

Gatabazi yabitangaje mu butumwa yatambukije, bugaragaza ubwo yariho aganira n’aba bantu batanu, bose b’igitsinagabo, ubwo bageraga muri iki kigo cya Mutobo, bagiye gutorezwamo mbere yo gusezererwa bakajya mu buzima busanzwe.

Muri ubu butumwa yanditse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, Hon. Gatabazi yagize ati “Abahoze muri FDLR bagera kuri 5 uyu munsi bageze i Mutobo cya Rwanda Demobilisation and Reintegration Commission baturutse i Goma.”

Komiseri muri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yakomeje avuga ko aba bantu baje bazanye n’imiryango yabo.

Ati “Bakaba baraje n’imiryango yabo yakomereje i Nyarushishi mbere yo kwerekeza mu Turere twabo. Baba bafite ubwoba batizeye ko baramuka bitewe n’uko mu buzima bwabo babwiwe ko utashye wese yicwa.”

U Rwanda rumaze iminsi rwakira Abanyarwanda bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko baba barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR, ubangira gutaha, ukabahoza ku binyoma ko umuntu wese ugeze mu Rwanda agirirwa nabi.

Aba Banyarwanda bagiye bagaragaza ibyishimo ubwo babaga bakandagiye ku butaka bw’Igihugu cyabo, bavuga ko ibyo babwirwaga byose basanze ari ibinyoma, kubera uburyo bakiranwa urugwiro ruhebuje.

Batanu bahoze ari abarwanyi ba FDLR bageze i Mutobo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 7 =

Previous Post

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Next Post

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

by radiotv10
06/05/2026
0

Money comes in, and somehow, it disappears just as fast. For many young people today, managing finances feels like a...

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

The Ministry of Infrastructure has announced plans to convert vehicles that use petroleum products (petrol and diesel) into ones powered...

IZIHERUKA

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza
AMAHANGA

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

06/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

06/05/2026
Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

06/05/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.