Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko abantu batanu bahoze ari abarwanyi ba FDLR, bageze mu kigo cya Mutobo, bavuye i Goma, aho bazanye n’imiryango yabo yo yajyanywe i Nyarushishi, avuga ko baza bafite ubwoba kubera ibinyoma babwirwa iyo bakiri hakurya, ko nibagera mu Rwanda bazicwa.
Gatabazi yabitangaje mu butumwa yatambukije, bugaragaza ubwo yariho aganira n’aba bantu batanu, bose b’igitsinagabo, ubwo bageraga muri iki kigo cya Mutobo, bagiye gutorezwamo mbere yo gusezererwa bakajya mu buzima busanzwe.
Muri ubu butumwa yanditse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, Hon. Gatabazi yagize ati “Abahoze muri FDLR bagera kuri 5 uyu munsi bageze i Mutobo cya Rwanda Demobilisation and Reintegration Commission baturutse i Goma.”
Komiseri muri muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yakomeje avuga ko aba bantu baje bazanye n’imiryango yabo.
Ati “Bakaba baraje n’imiryango yabo yakomereje i Nyarushishi mbere yo kwerekeza mu Turere twabo. Baba bafite ubwoba batizeye ko baramuka bitewe n’uko mu buzima bwabo babwiwe ko utashye wese yicwa.”
U Rwanda rumaze iminsi rwakira Abanyarwanda bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko baba barafashwe bugwate n’umutwe wa FDLR, ubangira gutaha, ukabahoza ku binyoma ko umuntu wese ugeze mu Rwanda agirirwa nabi.
Aba Banyarwanda bagiye bagaragaza ibyishimo ubwo babaga bakandagiye ku butaka bw’Igihugu cyabo, bavuga ko ibyo babwirwaga byose basanze ari ibinyoma, kubera uburyo bakiranwa urugwiro ruhebuje.

RADIOTV10










