Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza
Share on FacebookShare on Twitter

Pereza Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yabaye ahagaritse ibikorwa bya gisirikare byo gufungura inzira ya Hormuz kugira ngo ahe amahirwe ibiganiro biriho bikorwa, ibintu byatumye igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli muri America kigabanukaho $2.30 ku kagunguru, ari na cyo gipimo kiza kibayeho kuva mu mezi abiri ashize.

Trump yatangaje ko ahagaritse ibi bikorwa bya gisirikare byo guherekeza amato anyura muri uriya muhora, ku “bw’intambwe” iri guterwa mu biganiro by’imishyikirano biri kurangwa “nubwumvikane bwuzuye kandi bwa nyuma bw’abahagarariye Iran” mu biganiro.

Trump yavuze ko ibi bikorwa bizahagarara mu “igihe gito” kugira ngo harebwe niba amasezerano na Tehran ashobora kugerwaho.

Mbere gato, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America Marco Rubio yari yatangaje ko ku wa Mbere hatangiye gukoreshwa imbaraga zo guherekeza amato muri uriya muhora. Kuva intambara yatangira, iyi nzira yafunzwe, yabangamiye ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli hafi 20% bikoreshwa ku isi, ndetse biteza ikibazo gikomeye cy’ingufu ku isi.

Mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga, Trump yagize ati “Twemeranyije ko, mu gihe umushinga uzakomeza gukora neza, ibikorwa bizahagarara mu gihe gito kugira ngo harebwe niba amasezerano ashobora kugerwaho akanasinywa.”

Gusa kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ubutegetsi bw’i Tehran muri Iran, bwo ntacyo buratangaza kuri iki cyemezo ndetse n’ibyatangajwe na Perezida Trump.

Nyuma gato y’ubutumwa bwa Trump, ​ibiciro bya peteroli y’Abanyamerika byagabanutseho $2.30, bijya munsi ya $100 ku kagunguru kamwe, ikigero cyiza kubayeho kuva mu mezi abiri ashize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Related Posts

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
06/05/2026
0

Umugore w’imyaka 45 wo mu Karere ka Mitooma muri Uganda, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gutegeka umwana abereye...

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

by radiotv10
06/05/2026
0

Abarimo b’Ishuri ribanza ryo mu Ntara ya Kasaï-Central muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakoze imyigaragambyo, basaba kwishyurwa imishahara y’amezi...

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu buyobozi bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko nyuma yuko hakomeje kugaragara imvugo z’ivanguramoko, ibikorwa...

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

by radiotv10
05/05/2026
0

Abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Tushunguti wo muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bawukuyemo abarwanyi...

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa Boeing ya Jean-Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w'Intebe Wungirije, n'uw’Ubwikorezi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira...

IZIHERUKA

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza
AMAHANGA

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

by radiotv10
06/05/2026
0

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

06/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

06/05/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

06/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.