Pereza Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yabaye ahagaritse ibikorwa bya gisirikare byo gufungura inzira ya Hormuz kugira ngo ahe amahirwe ibiganiro biriho bikorwa, ibintu byatumye igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli muri America kigabanukaho $2.30 ku kagunguru, ari na cyo gipimo kiza kibayeho kuva mu mezi abiri ashize.
Trump yatangaje ko ahagaritse ibi bikorwa bya gisirikare byo guherekeza amato anyura muri uriya muhora, ku “bw’intambwe” iri guterwa mu biganiro by’imishyikirano biri kurangwa “nubwumvikane bwuzuye kandi bwa nyuma bw’abahagarariye Iran” mu biganiro.
Trump yavuze ko ibi bikorwa bizahagarara mu “igihe gito” kugira ngo harebwe niba amasezerano na Tehran ashobora kugerwaho.
Mbere gato, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America Marco Rubio yari yatangaje ko ku wa Mbere hatangiye gukoreshwa imbaraga zo guherekeza amato muri uriya muhora. Kuva intambara yatangira, iyi nzira yafunzwe, yabangamiye ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli hafi 20% bikoreshwa ku isi, ndetse biteza ikibazo gikomeye cy’ingufu ku isi.
Mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga, Trump yagize ati “Twemeranyije ko, mu gihe umushinga uzakomeza gukora neza, ibikorwa bizahagarara mu gihe gito kugira ngo harebwe niba amasezerano ashobora kugerwaho akanasinywa.”
Gusa kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ubutegetsi bw’i Tehran muri Iran, bwo ntacyo buratangaza kuri iki cyemezo ndetse n’ibyatangajwe na Perezida Trump.
Nyuma gato y’ubutumwa bwa Trump, ibiciro bya peteroli y’Abanyamerika byagabanutseho $2.30, bijya munsi ya $100 ku kagunguru kamwe, ikigero cyiza kubayeho kuva mu mezi abiri ashize.
RADIOTV10









