Friday, August 21, 2026
RW|EN
AMAHANGA

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

Leta Zunze Ubumwe za America zatanze miliyoni 13 USD yo gufasha ibihugu byagaragayemo icyorezo cya Ebola, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, mu rwego rwo guhangana na cyo.

Iyi nkunga yatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko “Iri guhuza ibikorwa mu guhangana n’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda.”

America ivuga ko kandi iri gukora ibishoboka kugira ngo iki cyorezo kitagera muri iki Gihugu mu rwego rwo kurinda Abanyamerika bari mu Gihugu cyabo kimwe n’abandi hanze.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya America yatangaje ko ubwo hemezwaga icyorezo cya Ebola muri DRC, iki Gihugu cyashyizeho uburyo bwo gukurikirana no iby’iki cyorezo muri za Amasade zo mu Bihugu byo mu Karere, iza DRC, u Rwanda, Sudan y’Epfo, n’iyo muri Uganda, ndetse zashyizeho itsinda rihuriweho ryo gukurikirana iby’iki cyorezo no gutanga amakuru ku Banyamerika bari muri aka karere.

Iyi Minisiteri ivuga kandi ko iri gukorana bya hafi n’Ikigo gishinzwe kurwanya indwara (CDC) mu gutanga itegeko ryo ku wa 18 Gicurasi 2026 ribuza ingendo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku banyamahanga basuye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda, na Sudani y’Epfo mu minsi 21 ishize.

America kandi ivuga ko “mu masaha 48 Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangije gahunda inatanga miliyoni 13 $ z’ibanze nk’inkunga y’imbaraga zihuse zo guhangana n’icyorezo.”

Iyi nkunga izifashishwa n’Ibihugu mu bikorwa bigamije guhangana n’iki cyorezo, yaba mu gukora ikurikirana, kwifashisha mu gukora ibizamini byo muri laboratwari, ndetse no gutanga amatangazo y’umuburo.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =