Wednesday, May 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

radiotv10by radiotv10
20/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League yaherukaga mu myaka 22 ishize.

Ikipe ya Arsenal yegukanye iki gikombe nyuma yuko Manchester City byari bigihataniye ikuye amaso burundu kuri iki gikombe nyuma yo kunganya 1-1 na AFC Bournemouth mu mukino watumye ikinyuranyo cy’amanota y’aya makipe yombi agera kuri ane mu gihe buri imwe isigaje umukino umwe, bityo Arsenal yawutsinda cyangwa ikawutsindwa ikazahita ihabwa igikombe.

Nyuma y’uku kunganya kwa Manchester City na AFC Bournemouth, abafana ba Arsenal ku Isi hose bahise batangira kugaragaza ibyishimo byo kuba ikipe yabo yegukanye Igikombe itaherukaga, yajyaga igerageza gukozaho imitwe y’intoki ariko bikarangira kiyinyuze mu myanya y’intoki.

Nyuma y’uyu mukino, Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi w’iyi kipe, yashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ibyishimo byo kuba yegukanye iki Gikombe.

Yagize ati “Turashimira Arsenal, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda, ku bwo kwegukana igikombe cya Premier League nyuma y’umwaka w’imikino utoroshye. Murabikwiye.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kandi aherutse kugaragariza iyi kipe ibyishimo ubwo yabonaga itike yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, uzayihuza na Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, na yo ikorana n’u Rwanda mu kwamamaza gahunda ya Visit Rwanda, umukino uzaba mu mpera z’icyumweru gitaha, tariki 30 Gicurasi 2026.

Iyi kipe yo mu Bwongereza yegukanye Igikombe cya Shampiyona, iracyafite amahirwe no kuri iki Gikombe kindi kiri mu bikomeye ku Mugabane w’u Burayi, ku buryo iramutse igitwaye, byakongerera ibyishimo abakunzi bayo bari bamaze igihe batabona ibyishimo, bakarushaho kugira umwaka mwiza w’imikino.

Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi wa Arsenal

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

by radiotv10
17/05/2026
0

Ikipe ya REG Volleyball Club yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball 2026 mu bagabo nyuma yo guturuka inyuma igatsinda Police...

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

by radiotv10
17/05/2026
0

Isozwa ry’imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri, ryasize amakipe abiri yo mu Ntara y’Iburasirazuba azamutse mu Cyiciro cya Mbere. Ayo...

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

Umukinnyi w’umunyabigwi Lewandowski yaciye amarenga yo gutandukana na Barcelona

by radiotv10
15/05/2026
0

Umunyabigwi wa FC Barcelona, Robert Lewandowski, yamaze guca amarenga ko atazakomezanya na FC Barcelona, kuko amasezerano ye azarangira mu mpera...

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

Hatanzwe umucyo ku ikipe izahabwa Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda igihe iyo muri Sudan yasoza iyoboye

by radiotv10
12/05/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwemeje ko igihe ikipe yo mu mahanga mu zikina Shampiyona y’u Rwanda yasoza iri ku...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize
FOOTBALL

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

19/05/2026
AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

19/05/2026
Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

19/05/2026
BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

19/05/2026
Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.