Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko imodoko yo mu bwoko bwa Rolls-Royce ya Anita Annet Among wahoze ari Perezidande w’Inteko Ishinga Amategeko, iherutse gufatirwa izatezwa cyamunara.
Ni nyuma yuko uyu munyapolitiki akomeje gukorwaho iperereza ku byaha byo kwigwizaho imitungo na ruswa akekwaho, aho imwe mu mitungo ye ikomeje gufatirwa mu isaka iri gukorwa n’inzego z’iperereza.
Imwe mu mitungo ya Anita Annet Among yafatiriwe, irimo imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce ifite agaciro k’ibihumbi 600 USD (miliyoni 800 Frw).
General Muhoozi ukomeje kugaragaza ko ashyigikiye iperereza riri gukorwa kuri uyu munyapolitiki, yavuze ko ifatirwa ry’iriya modoka, ryari ngombwa.
Yagize ati “Twafastiriwe Rolls-Royce. Ubu iri mu maboko yacu. Tuzayiteza cyamunara ubundi tugaruze imari ya Leta.”
Muhoozi kandi, mu butumwa yatanze ku mbuga nkoranyambaga, aravuga ko abanyamategeko baburanira abantu babaswe na ruswa, na bo “bagomba kuzahura n’ingaruka.”
Mbere yuko Anita Among atangira gusakwa, General Muhoozi yari yagaragaje ko akemanga ubukire bwe, aho yavuze ko bitumvikana kuba uyu mugore afite imodoka na Perezida Museveni atigeze atunga, na we ubwe ataratunga, ari General akaba n’umuhungu wa Perezida.

RADIOTV10











