Thursday, May 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

radiotv10by radiotv10
21/05/2026
in MU RWANDA
0
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba
Share on FacebookShare on Twitter

Brig Gen Ronald Rwivanga wari umaze imyaka itanu n’igice ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangiye inshingano nshya zo kuyobora Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye EASF.

Izi nshingano Brig Gen Ronald Rwivanga yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicuras 2026, azisimbuyeho Brig Gen Paul Kahuria Njema urangije manda ye ye y’imyaka itatu.

Umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Brig Gen Rwivanga n’Umunyakenya Brig Gen Paul Kahuria, wabereye i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye uzwi nka EASF (Eastern Africa Standby Force) uhuriyemo inzego z’umutekano za Gisirikare n’Igipolisi, zo mu bihugu 10 byo mu Karere, ziba zishobora kwifashishwa kujya gutabara Igihugu cyugarijwe n’ibibazo birimo iby’umutekano, Ibiza n’ibindi bihe bidasanzwe.

Brig Gen Ronald Rwivanga ugiye kuyobora uyu mutwe, yari amaze imyaka itanu n’igice ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, aho yahawe izi nshingano kuva mu kwezi k’Ukuboza 2020.

Inshingano mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, si nshya kuri Brig Gen Ronald Rwivanga, dore ko muri gahunda y’uyu Murango igamije gusangizanya amasomo, yigeze kuba ushinzwe Abakozi mu Ishuri rikuru rya Gisirikare muri Tanzania rifite icyica i Arusha.

Uyu musirikare wahawe izi nshingano afite ipeti rya Lieutenant Colonel, icyo gihe yari asimbuye Lt Col Innocent Munyengango.

Rwivanga wahawe ipeti rya Brigadier General muri 2022, yakoze imirimo inyuranye mu gisirikare cy’u Rwanda, kuko mbere yo kugirwa Umuvugizi wa RDF yari amazeho imyaka ikabakaba itandatu, yari Umuhuzabikorwa w’Amasomo mu Ishuri rikuru rya Gisirikare (RDF Command and Staff College).

Uyu wanabaye mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guard) ashinzwe imyitozo n’ibikorwa, yanabaye umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cy’Ishuri rikuru rya Gisirikare, Warrior Magazine.

Brig Gen Ronald Rwivanga yari amaze imyaka ikabakaba itandatu ari Umuvugizi wa RDF
Yarahiriye inshingano nshya ku rwego rw’akarere
Bamwifurije ishya n’ihirwe
Yatangiye imirimo mishya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Related Posts

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gitovu mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, waregwaga kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso n’amakuru...

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
21/05/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye inama ya karindwi ya Komisiyo ihuza u Rwanda n’u Burusiya ishinzwe ubufatanye mu bya...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

by radiotv10
21/05/2026
0

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Umunsi wahariwe ababyeyi ba Sogokuru na ba Nyagokuru (Grandparents Day) mu ishuri rya...

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

by radiotv10
20/05/2026
0

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha IRMCT, rwahagaritse dosiye yaregwagamo Félicien Kabuga waregwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside...

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

by radiotv10
20/05/2026
0

Minisitiri w’u Bubanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier yatangaje ko ubufatanaye bw’u Rwanda na Mozambique bwatanze umusaruro kandi akazi kakozwe na...

IZIHERUKA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba
MU RWANDA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
21/05/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

21/05/2026
U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

21/05/2026
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

21/05/2026
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

20/05/2026
Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

20/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.