Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, Jacob Marksons Oboth yabwiye Brig Gen Ronald Rwivanga ko inshingano yahawe zo kuyobora Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF) zikomeye, ariko ko yizeye ko azakoresha ubunararibonye bw’Igihugu cye cy’u Rwanda.
Ni ubutumwa yamugejejeho mu muhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Brig Gen Ronald Rwivanga n’uwo asimbuye Brigadier General (Rtd) Paul Kahuria Njema warangije manda ye y’imyaka itatu.
Uyu muhango wabaye kuri uyu wa 20 Gicurasi 2026 ku cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo n’Abahoze mu Ngabo i Mbuya, Kampala muri Uganda waranzwe n’isoza rya manda y’imyaka itatu ya Brig Gen (Rtd) Njema ndetse no gutangira ku mugaragaro inshingano za Brig Gen Rwivanga.
Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Ingabo n’Abahoze mu Ngabo wa Uganda, Jacob Marksons Oboth, unayoboye Inama y’Abaminisitiri ba EASF.
Mu ijambo rye, Hon. Oboth yashimiye Brig Gen (Rtd) Njema ku buyobozi bwe, avuga ko manda ye yakomeje kubaka no gukomeza uru rwego binyuze mu kongera ubushobozi bwo gutabara, kunoza imiyoborere ndetse no gucunga neza umutungo.
Yanakiriye Brigadier General Ronald Rwivanga ku nshingano nshya, amusaba gukomeza ibikorwa byiza byagezweho n’uyu muryango.
Yagize ati: “Ugiye mu nshingano zikomeye. Usimbuye umuntu wasize ibikorwa bifatika ndetse n’icyizere kinini. Uje mu muryango wiyemeje gukorana na we mu bumwe, ubunyamwuga no kugera ku ntego.”
Hon. Oboth kandi yasabye Brig Gen Rwivanga gushingira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guhanga udushya, kurangwa n’imyitwarire myiza no kongera kubaka ibigo n’inzego, kugira ngo arusheho guteza imbere ibikorwa bya EASF.
Mu ijambo rye ryo gusezera, Brig Gen (Rtd) Njema yavuze ko igihe yamaze ayobora cyaranzwe no gukorera hamwe kw’ibihugu byo mu karere ndetse no gukomeza ibikorwa byo guteza imbere amahoro n’umutekano muri Afurika y’Iburasirazuba.
Yavuze ko muri manda ye EASF yongereye ubushobozi bw’inzego zayo no kwitegura ibikorwa binyuze mu igenamigambi ryiza, amahugurwa, imyitozo ndetse n’imikoranire myiza hagati y’ibihugu biyigize.
Mu ijambo rye ryo kwakira inshingano, Brig Gen Rwivanga yasezeranyije gukorera uyu muryango mu mucyo, ubunyamwuga no kubazwa inshingano. Yavuze ko yahaye agaciro gakomeye inshingano yahawe zo gukomeza guteza imbere amahoro n’umutekano rusange mu karere.
Umutwe wa EASF ni umuryango wo mu karere ufite inshingano zo guteza imbere amahoro n’umutekano muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ni umwe mu mitwe itanu y’ingabo z’akarere zigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ugizwe n’igisirikare, polisi ndetse n’abasivili. EASF igizwe n’ibihugu 10 ari byo U Burundi, Comores, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda, Seychelles, Somalia, Sudan na Uganda.



RADIOTV10








